Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abakobwa 14 n’abahungu babiri bafatiwe mu birori bisanzwe biba nta rusaku, bizwi nka "Silent Disco" bari kwizihiza isabukuru y’amavuko y’umwe muri bo, bose bakaba kurikiranyweho kurenga ku mabwiriza yashyizweho hagamijwe kwirinda ikwirakwira rya COVID19.
Igikorwa cyo kubereka itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 23 Ukuboza 2020.
Aba bakobwa, urebye ni bo bikozeho, kuko baherutse gushyira ku mbuga nkoranyambaga amafoto abagaragaza bari mu birori bya Silent Disco, ibintu bitavuzweho rumwe n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, kubakurikirana bitangira ubwo.
Aha ibirori byari birimbanyije kuri abo bari b’u Rwanda
Polisi y’u Rwanda ivuga ko aba bantu bose uko ari 16 bafashwe kubera ko bakoreye ibirori mu rugo kandi binyuranije n’amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP KaberaJohn Bosco yavuze ko bose bacibwa amande ya 25,000Frw kuri buri uwme, naho uwateguye ibi birori akazacibwa amande ya 200 000 Frw.
Ifoto z’urwibutso bashyize hanze nyuma bisa nkaho ari zo zabakozeho
Buri umwe aracibwa amande ya 25 000 Frw
















