Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha RIB rwashyikirije u Burundi abagabo babiri, Gahimbare Jux na Rivuzimana Gerard bakomoka mu Burundi bafatiwe mu Rwanda bakekwaho kwiba amafaranga umucuruzi bakoreraga.
Ni igikorwa cyabereye ku mupaka muto wa Ruhwa, mu Murenge wa Bweyeye, akarere ka Rusizi, uhuza u Rwanda n’Uburundi.
RIB yatangaje ko muri iki gikorwa igihugu cy’u Rwanda cyari gihagarariwe na Jean Marie Twagirayezu, Umuyobozi ushiznwe ubugenzacyaha mu rwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha RIB mu gihe u Burundi bwari buhagarariwe na Bertin Gahungu, Umuyobozi ushinzwe ishami ry’Ubugenzacyaha.
Iri hererekanya rikaba ryakozwe hashingiwe ku bufatanye mpuzamahanga ndetse no ku bufatanye bw’ibihugu byombi mu rwego rwo kurwanya ibyaha cyane cyane ibyambukiranya imipaka.
Ku ruhande rw’u Rwanda, umuyobozi ushinzwe ubugenzacyaha muri RIB yavuze ko u Rwanda rutazigera rucumbikira uwo ari we wese wakorera ibyaha mu gihugu cy’abaturanyi cyangwa ngo rukoreshwe nk’inzira y’abanyabyaha.
Umuyobozi ushinzwe ishami ry’Ubugenzacyaha muri Polisi y’u Burundi yashimye ubufatanye na RIB mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka ashimangira ko nabo biteguye hohereza mu Rwanda uzakora ibyaha agahungira yo.
Mu byibwe harimo n’amafaranga, azwi nk’amahera mu Kirundi




















