Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Rudakubana, mu basaza bagufi yitabye Imana

Friday 25 November 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Rudakubana Paul, umwe mu basaza bavukana bazwiho kuba ari bagufi kandi bakuze yitabye Imana mu rugo aho batuye.

Uyu musaza w’imyaka 56 wari utuye mu murenge wa Musanze, Akagari ka Cyabagarura, umudugudu wa Bukane, yamenyekanye n’abavandimwe be ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane kuri Shene za YouTube mu biganiro bisa n’urwenya byasusurukije benshi bakunda ibidasanzwe.

Inkuru y’urupfu rwe yamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Ugushyingo 2022, ahagana saa 11h00’ ubwo mushiki we Mukasine Theresse yari arimo gukora isuku hanze.

Mamaurwagasabo yahageze mbere, yabwiwe na Mukasine ko yinjiye mu cyumba aho atuye asanga Rudakubana yahyizemo umwuka.

Yagize ati: "Nabyutse nkora isuku mu rugo, njyana umwana ku ishuri, ubwo nasize Paul aryamye mu cyumba ngrutse nkomeza gukora uturimo hanze. Sinzi ukuntu ninjiye mu cyumba araramo we na Andrea nsanga aryamye hasi bisa nibyarangiye; ubwo nahise mpamagara abaturanyi basanga yashyizemo umwuka."

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko uyu Rudakubana yari asanzwe afite ikibazo cyo kubura amazi n’amaraso mu mubiri, akaba akeka ko ari cyo kibazo yagize nubundi, cyane ko nubundi byigeza kumubaho bamujyana kwa muganga, bamubuza kongera kuzanywa inzoga.

Bamwe mu baturage barakeka ko uyu musaza yaba yazize kunywa inzoga nyinshi zikomeye bakundaga kunywa buri munsi.

Umwe mu baturanyi yagize ati: "Bakundaga kunywa inzoga zitwa ibyuma, zishobora kuba ari zo zamuhitanye. Ikindi bakunda kunywa batagize icyo barya kandi ingufu ari ntazo, birashoboka ko ari zo zimwambuye ubuzima."

Umuyobozi w’Akagari ka cyabagarura, Ally Niyoyita yahamarije ikinyamakuru mamaurwagasabo.rw ko aya makuru ariyo ndetse avuga ko bategereje ibisubizo bizatangwa na Muganga kugira ngo hamenyekane icyamwishe.

Yagize ati: "Nibyo koko, twamenyeshejwe urupfu rwa Paul ahagana saa 11h00’ zamanywa duhamagawe na mushiki wabo ubana nabo umunsi ku munsi, gusa kugeza ubu ntiharamenyekana icyo yazize, dutegereje inzego zibishinzwe."

Kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rwari rutegerejwe mu rugo kwa nyakwigendera, kugira ngo ruze rufate umurambo bajye kuwusuzuma harebwe icyamwishe.

Asize bagenzi be babiri aribo, Andrea w’imyaka 102, ndetse na Peter w’imyaka 48 y’amavuko.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru