Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Mu Rwanda hagiye kubakwa Stade Mpuzamahanga

Monday 4 October 2021
    Yasomwe na

Jean claude Ndayambaje

Perezida wa Ferwafa, Nizeyimana Olivier yahishuye ko vuba aha mu Rwanda harubakwa Stade mpuzahanga nini binyuze mu Mpuzamashyirahamwe y’umupira w’Amaguru muri Afurika "CAF"

Mu kiganiro “Kick-Off” cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda kuri uyu wa Gatandatu, Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (Ferwafa) Nizeyimana Olivier, yemeje ko CAFigiye kubaka Stade mu Rwanda.

Yagize ati “Twaganiriye n’abayobozi ba CAF, batwemerera ko bashobora kutwubakira indi stade iri ku rwego mpuzamahanga.”

Akomeza avuga ko ari umushinga uzagerwaho ndetse yasobanuye impamvu rimwe na rimwe batinya kubitangaza mbere.

Agira ati" T,ujya dutinya kubibabwira mbere ni uko iyo bidakunze, mutubaza ngo bya bintu wavuze byagenze gute?”

Nizeyimana Olivier yakomeje agira ati" “Birashoboka ko tubona stade mpuzamahanga. Dufatanyije, ni gahunda iri no mu bindi bihugu, twifuje ko igihugu cy’u Rwanda cyaba mu bihugu bya mbere byabona iyo stade nziza.”

Uyu muyobozi yabajijwe aho ishobora kuzubakwa mu gihe uyu mushinga
uzaba umaze kunozwa.

Yasubije ko kuri ubu aho izubakwa hataramenyekana ariko hari ibiganiro bagirana n’abayobozi umunsi ku munsi batandukanye ku buryo haboneka ubutaka izubakwaho.

Aragira ati “Ni ibintu biganirwaho n’abayobozi kuko ngira ngo inzego twaganiriye zishobora kudufasha muri icyo gikorwa, ntabwo zigeze zitubwira ngo muyijyane aha, ni u Rwanda, ni rwo rugomba guhitamo Aho iyi stade izubakwa.”

Yakomeje ashimira abayobozi bakuru b’Igihugu agira ati" Ndashimira abayobozi bakuru b’igihugu cyacu uburyo badufasha buri gihe kuko mu by’ukuri ni ibintu bitashoboka batadufashije, bisaba kugira ubutaka bwa FERWAFA bunini bwajyaho stade, ntabwo FERWAFA ifite.”

U Rwanda rumaze imyaka 9 rufite gahunda yo kuzubaka indi stade y’umupira w’amaguru i Gahanga, ariko kugeza ubu ntibizwi igihe bizashyirirwa mu bikorwa ndetse mu minsi ishize byavuzwe ko na Stade Amahoro igiye kuvugururwa igashyirwa ku rwego rwa stade Nziza muri Afurika.

Iyi stade niyubakwa iterambere ry’umupira w’Amaguru riziyongera ku buryo abakinnyi bazajya babona ahantu bakinira n’u Rwanda ruzajya rubona amahirwe yo kwakira imikino Mpuzamahanga

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru