Mutungirehe Samuel
Kuri uyu wa Gatanu mu rukiko Paul Rusesabagina yiyamye umutangabuhamya Niyomwungere ubushinjacyaha busabira kuza kubwira urukiko uko yamushyikirije ubutabera bw’u Rwanda.
Ni nyuma yuko yumvise ubushinjacyaha buvuze ko hari umutangahubamya witwa Niyomwungere bwasabye ko urukiko rubyemeye yarusobanurira uko Paul Rusesabagina yaje mu Rwanda.
Rusesabagina bikimwinjira mu matwi yahise yiyama uwo mutangabuhamya ubushinjacyaha bushaka kuzana kuko ngo ahamya neza ko ari we wamushimuse akisanga mu rwamubyaye nubwo yarwihakanye ko atakiri umwana warwo.
Twabibutsa ko Paul Rusesabagina aregwa ibyaha bikomeye birimo n’icy’iterabwoba yakoreye ku butaka bw’u Rwanda binyuze mu ngabo z’umutwe w’iterabwoba abereye Perezida wagabye ibitero bitandukanye mu Rwanda ukica abantu ukanangiza ibyabo mu Majyepfo y’u Rwanda.















