Saturday . 18 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Rutsiro: Hatashywe urugo mbonezamikurire rwakira abana bagera kuri 60

Thursday 11 March 2021
    Yasomwe na

Akarere ka Rutsiro kakiriye kanataha urugo mbonezamikurire rw’abana bato rwubatswe ku bufatanye bw’akarere na World Vision ku nkunga y’Ikigega cya Korea Giharanira iterambere mpuzamahanga KOICA.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa kane tariki ya 11 Werurwe 2021 uyobowe n’Umuyobozi w’akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage Musabyemariya Marie Chantal ari kumwe n’umukozi wa World Vision, Leon Rurangwa, wari uhagarariye Umuyobozi w’Ishami rya World Vision mu karere ka Rutsiro Tunga Cluster.

Uru rugo mbonezamikurire rukaba ruri ku rwego rushimishije rugize n’ibyumba 2 by’amashuri bishobora kwakira abana hagati ya 40 na 60, igikoni cyijyanye n’igihe, ibikorwa remezo by’isuku ndetse n’aho abana cyangwa abaturage bakwifashisha nk’ubwugamo mu gihe hari imvura cyangwa izuba ryinshi.

Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage Musabyemariya Marie Chantal yijeje abafatanyabikorwa ko intego igamijwe igomba kugerwaho baha abana uburere n’uburezi bikwiye.

Ku ruhande rwa World Vision, Rurangwa yasabye ko icyo gikorwa remezo gifatwa neza kandi kigakoreshwa uko bikwiye kugura ngo icyari kigamijwe kizagerweho. 

 

Ku ruhande rw’abaturage, bagaragaje ibyishimo bidasanzwe byo kuba babonye ahantu heza hajyanye n’igihe abana babo bazajya bigira.

Uru rugo mbonezamikurire rukaba rwitezweho gufasha ababyeyi bo mu mirenge ya Mushubati, akagari ka Bumba na Gihango mu kagari ka Bugina by’umwihariko dore ko abana babo bakoraga urugendo rurerure bajya ku ishuri ndetse bigatuma hari n’abakererwa gutangira ishuri kubera gutinya urugendo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru