Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Rwanda:Ubu harimo kwifashishwa zacamera mu kuvumbura abafite icyorezo cya Ebola

Thursday 27 June 2019
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre Romeo

Mu kwirinda no gukumira byihuse ko Ebola yakwinjira mu gihugu,u Rwanda ubu rurimo gukoresha ibyuma bifata amashusho bigapima n’umuriro ku mipaka ihuza u Rwanda na Congo hagaragara iki cyorezo gihangayikishije isi.

Ibyo byuma bifata amashusho bizwi nka Camera,byashyizwe ku mipaka ibiri ikunze gukoreshwa mu buhahirane bwa Goma na Gisenyi mu Karere ka Rubavu.

Ni Camera zifite ubushobozi bwo gufata abantu mu kivunge zikamenya ufite umuriro mwishi, ibyuma by’ikoranabuhanga bikagaragaza isura ye ndetse bigahita bitanga itangazo kugira ngo afashwe byihuse.

Umuyobozi w’ibitaro bya Rubavu, Lt Col Dr Kanyankore William, avuga ko basanzwe barashyize abakozi ku mipaka bapima umuriro nk’ikimenyetso kigaragaza umurwayi wa Ebola. Icyakora avuga ko kubera umunaniro n’ubushobozi bw’utwuma bakoresha bahisemo gukoresha Camera ifite ubushobozi buruta ubw’utwo twuma ndetse igashobora gusuzuma abantu benshi icyarimwe.

Ni byo Lt Col Dr Kanyankore yasobanuye agira ati “Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kwirinda ko ebola yakwinjira mu Rwanda, kuba yaraguze ziriya camera zizadufasha gukomeza kwirinda, kuko zirusha ubushozbi utwuma twakoreshaga ndetse yo ikaba ifata abantu benshi mu kivunge ikagaragaza uwaba afite umuriro mwinshi.”

Dr Kanyankore avuga ko izi Camera zashyizwe ku mupaka munini uhuza Goma na Gisenyi uzwi nka La Corniche hamwe n’umupaka muto ukoreshwa n’abantu ibihumbi biri hagati ya 55 na 60 ku munsi uzwi nka ‘Petite Barrière’ kugira ngo hirindwe ko hagira uwakwinjirana Ebola mu Rwanda avuye muri Congo.

Akarere ka Rubavu ni ko gafite inzira nyinshi zihuza abantu bava mu Rwanda no muri Congo kandi hakaba urujya n’uruza rw’abantu ku buryo habamo n’abava mu duce twagaragayemo Ebola. Ubu mu Karere ka Rubavu ni ho hubatswe ibitaro byateguriwe kuvura abarwayi ba Ebola mu Rwanda, ndetse hakaba haratangiye no kugeragerezwa urukingo rwa Ebola rwatangiye guhabwa abaganga, abajyanama b’ubuzima bagira uruhare mu gutanga ubutabazi mu gihe haba hari ugaragayeho ibimenyetso.

Ku mupaka uhuza Goma na Gisenyi ubu hashyizwe n’ibyuma bigaragaza amashusho yigisha uko abantu birinda Ebola n’ibimenyetso bigaragaza uwanduye Ebola, hakaba hari no kubakwa aho abantu binjiye mu Rwanda babanza gukaraba.

Kugera tariki ya 18 Kamena 2019 ubuyobozi bw’ishami ry’umuryango wabibumbye ryita ku buzima (WHO) butangaza ko mu gihugu cya Congo hari hamaze kuboneka abakekwaho kwandura Ebola 2,190 harimo 2,096 byemejwe ko bayirwaye naho 1,470 bamaze kwitaba Imana bangana na 67%, muri bo 1,242 bari abagore naho 639 bari abana bafite imyaka iri munsi ya 18.

Kuva tariki ya 13 Kamena 2019 iki cyorezo cyabonetse muri Uganda mu duce twa Kisinga na Bwera mu Karere ka Kasese.

Ubuyobozi bw’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (WHO) bugira abantu inama yo kwirinda kujya mu duce twagaragayemo Ebola. Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu na bwo bugira inama Abanyarwanda bajya mu bihugu bituranye n’u Rwanda byagaragayemo Ebola kwigengesera, byaba na ngombwa bakaba bareka ingendo muri utwo duce mu rwego rwo kwirinda kwishyira mu kaga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru