Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Nyamagabe: Hari abasigaye inyuma mu bikorwa remezo

Tuesday 23 July 2024
    Yasomwe na

Bamwe mu baturage bo mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Nyamagabe baravuga ko ntabikorwa remezo birabageraho by’umwihariko abo mu murenge wa Mbazi, Kaduha na kibumbwe.

Abaganiriye n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu karere ka Nyamagabe bamubwiye ko babona barasigaye inyuma mu iterambere.

Nkusi Athanase atuye mu murenge wa Cyanika yagize ati:"Mu kagari ka Ngoma turacyavoma ibirohwa twasigaye inyuma mu iterambere, ibikorwaremezo biguma hano mu mujyi gusa, umuhanda Gasaka-Cyanika wuzuye ibinogo, nta moto yawucamo mbese twarumiwe. Dukwiye gutabarwa natwe tukagira iterambere iwacu."

Undi muturage witwa Alphonse twamusanze mu murenge wa Gasaka yagize ati: "Ibikorwaremezo ntabyo dufite, kuko niyo umuntu yabonye umusaruro kuwugeza ku isoko biracyari ikibazo, turasaba abayobozi b’inzego zibanze ko badufasha rwose natwe tugasirimuka, cyane imihanda ntayo dufite rwose, turi mu bwigunge.

Kibasha Landuourd atuye mu murenge wa Cyanika yagize ati: "Nkanjye ndi umumotari, iteme rihuza Nyamagabe na Nyanza rya Rùkarara ryaracitse, twarabivuze abayobozi batwima amatwi, ubu turatekereza uburyo tuzabaho umunsi imvura izaba yatonyanze, aka gahenge dufite turi mu mpeshyi, urebye twasigaye inyuma mutubwirire abayobozi badutabare, byibuze bazane Latelite basuke muri uyu muhanda wo mukaduha."

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe Bwana Niyomwungeri yavuze ko gukora ibikorwa remezo mu byaro bigendana nuko ubushobozi bubonetse.

NIYOMWUNGERI Hildebrand umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe

Yagize ati: "Imihanda yo mu byaro nayo tugenda tuyikora uko ubushobozi bugenda buboneka, ubu ngubu turigukora umuhanda wa Kaduha-Nkomero, ni ibirometero 8, aho uzahita uhuza umuhanda Gashubi-Kaduha ukaba nyabagendwa. Tuzashyiramo igitaka, n’indi myinshi irimo gukorwa; muri rusange navuga ko imihanda yo mubyaro izagenda ikorwa uko tuzabona ubushobozi."

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru