Mugabe Aristide, umwe mu bakinnyi b’inararibonye bakiniye Ikipe y’Igihugu ya Basketball y’u Rwanda, yatangaje ko yasezeye burundu gukina uyu mukino ku rwego rw’ababigize umwuga, ashyira akadomo ku rugendo rw’imyaka 18 yari amaze muri Basketball.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram, Mugabe Aristide yashyize hanze amwe mu mafoto ye y’urwibutso aho yari kumwe na bagenzi be bakinana Basketball maze ayakurikiza amagambo agira aAti “Uyu munsi, mu byiyumviro bivanze, nyuma y’imyaka 18, (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Umukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda Primus National League (PNL) ikipe ya Musanze FC ikomeje kwitegura Kiyovu Sports arinako benshi mu bakunzi baya makipe yombi bakaniye uyu mukino.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 5 Werurwe 2022 nibwo ikipe yo mu Majyaruguru mu karere ka Musanze (Musanze Fc), iri bube yakiriye ikipe ya Kiyovu sports yo mu mujyi wa Kigali; kuri ubu kiyovu sports ifite intego y’igikombe kubera ko inganya n’ikipe ya mbere ari (…)
Nyuma yo guahoza intambara kuri Ukraine, igamije kuyibuza kwinjira mu Muryango w’Ubutabazi wa OTAN, igihugu cy’Uburusiya cyatangiye kwijundikwa n’ibihugu bituranyi kugeza n’aho amakipe y’umupira w’amaguru ya Pologne na Suède yanze kuzakina n’u Burusiya mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi iteganyijwe muri Werurwe 2022.
Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Pologne Cezary Kulesza yavuze ko bari gutegura itangazo rihuriweho rigamije kwamagana imikino bari bafitanye n’u (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu nibwo ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye amakuru avuga ko Zimurinda Ben Tom yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB akekwaho kunyereza umutungo wa Federasiyo ya Chess yayoboraga.
Kuri ubu uyu muyobozi afungiwe kuri Station ya RIB ya Kicukiro kuva tariki ya 24 Gashyantare 2022. Ubwo twakoraga iyi nkuru nta makuru arambuye kuko hagikorwa ipereza ryimbitse.
Kuri uyu wa Gatandatu kandi nibwo hari (…)
Alexandre Geniez ukinira ikipe ya TotalEnergies niwe wegukanye agace ka gatanu muri Tour du Rwanda 2022 ubwo berekezaga i Musanze bavuye i Muhanga ku ntera y’ibilometero 129,9.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Gashyantare 2022 ahagana Saa 9h00’ za mu gitondo ni bwo abakinnyi 79 bose b’amakipe 18 asigaye mu irushanwa bahagurutse mu karere ka Muhanga berekeza i Musanze, ariko babanje gukora intera ya kilometero 1,6 mbere y’uko batangira kubara ibihe byagenwe nyirizina.
Alexander Geniez na (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Nyuma yo kwisasira APR fC abakinnyi ba Musanze FC bagashimirwa uburyo bahesheje ishema akarere kabo, bavuga ko kuri uyu wa Mbere bagomba gushimangira itsinzi ubwo bazaba bakiriye Etoile de l’Est ku munsi wa 18 wa Primus National League.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Gashyantare 2022, ubwo ikipe yarisoje imyitozo ibanziriza iya nyuma Mbere yo gucakirana na Etoile de l’Est yo mu karere ka Ngoma, Perezida wa Musanze fc Tuyishimire Placide bakunze (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Kuri uyu Gatanu tariki ya 18 Gashyantare 2022, mu kigo cya Rwanda Cycling Center gicumbikira abakinnyi b’ikipe y’igihugu bazitabira Tour du Rwanda 2022 bashyikirijwe amagare mashya agezweho azabafasha kwitwara neza muri iri rushanwa.
Mu gihe habura amasaha make kugira ngo u Rwanda rwakire Irushanwa ngaruka mwaka "Tour du Rwanda" izatangira tariki ya 20 Gashyantare 2022 Minisitiri w’umuco na Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa yashyikirije abakinnyi b’u (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Ikipe ya Musanze Fc kuri Stade ubworoherane yatsinze APR FC igitego 1-0 cyatsinzwe ku munota wa nyuma w’umukino wari witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo na Guverineri w’intara y’amajyaruguru Nyirarugero Dancilla.
Umukino watangiye ku isaha ya Saa 15h00’ aho sitade Ubworoherane yari yakubise yuzuye abafana ari benshi cyane biganjemo aba Musanze fc bagaragaje ko bari bakumbuye kugaruka ku kibuga.
Guverineri Nyirarugero Dancilla
Ikipe (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Imikino yo kwishyura y’umunsi wa 16 ya Primus National League yatangiye kuru uyu wa Gatandatu, aho Gasogi United itarifite Perezida wayo kubera ko ari mu bihano byo kutagera kuri stade yatsinze Marine fc ibitego 3-2.
Ni umukino wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, wakereweho isaha irenga ku masaha asanzwe yari ateganijwe, bitewe n’umukino wabanje wa shampiona y’abagore wabanje gukinirwa kuri iyi stade.
Abantu batunguwe no kubona imfura (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude Ikipe ya Cameroun yatwaye umwanya wa gatatu mu Gikombe cya Afurika ku burangare bw’ikipe y’igihugu ya Burikina Faso yari yabanje ibitego bitatu biza kwishyurwa (3-3), bagiye muri Penaliti irasezererwa.
Binyuze kuri Rutahizamu Vincent Aboubakar ukinira Cameroun yaje Igihugu cye kwishyura ibitego 3-0 byari byatsinzwe mu minota 49’ y’umukino.
Ikipe y’igihugu ya Burkina Faso yari yabashije kubona ibitego bibiri mu gice cya Mbere cy’umukino byatsinzwe na (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Calude
Ikipe y’igihugu ya Misiri bakunze gutazira (Le Pharaoh) yageze ku mukino wanyuma imaze gusezerera Cameroun kuri Penaliti 3-2 nyuma yuko amakipe yombi aguye miswi, ubusa ku busa.
Mu mukino wa 1/2 wabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 3 Gashyantare, wahuje Misiri na Cameroun yari imbere y’abafana bayo, wasize Abanyamisiri bakatishije itike y’umukino wanyuma ugomba kubahuza na Senegal.
Aya makipe yaherukaga guhurira mu gikombe cya Afurika mu mwaka wa 2017 (…)
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.
























