Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

TRUMP YAMAGANYE UBWONGEREZA BUGIYE GUHA IBIRWA BYA CHAGOS IGIHUGU CYA MAURITIUS

Tuesday 20 January 2026
    Yasomwe na

Perezida Trump yatangaje ko umugambi w’ubwongereza wo kurekurira ikirwa cya Mauritius, ibirwa bya Chagos abyita igikorwa cy’ubucucu buhambaye, nkuko bigaragara ku rubuga rwe akunze kunyuzaho amakuru rwa Truth Social.

Yashimangiye ko uwo mugambi w’ubwongereza wo kwambura Amerika ibirindiro bya gisirikari muri ako gace nubwo nke ngo zahaguma ariko gutanga ubusugire byo ntibyumvikana agashimangira ko ariyo mpamvu; Leta zunze ubumwe z’Amerika zifuza kwiyomekaho ikirwa cya Greenland.

Yanditse ati " Biteye agahinda, umufatanyabikorwa wacu w’imena muri OTAN, Ubwami bw’Ubwongereza kuri ubu buri gutegura gutanga ikirwa cya Diego Garcia, igice gifite umumaro ku birindiro bya gisirikari byacu, none bagiye kugiha Mauritius kubikora nta mpamvu nimwe ibirimo."


Muri Gashyantare 2025, Keir Starmer yagendereye Trump babyemeranyaho.

Ubutegetsi bwa Perezida Trump mu gihe cyashize bwari bwatangaje ko bushyigikiye uyu mugambi ndetse mu kwezi kwa gatanu umunyamabanga wa leta ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Amerika, Marc Rubio yari yise kiriya gikorwa "indashyikirwa".

Minisitiri w’intebe w’ubwongereza; Sir Keir Starmer yari yatangaje ko gukodesha imyaka 99 icyo kirwa ngo gishyirweho ibirindiro bya gisirikari ariko ngo nyuma yo kugitanga bikaba bizajya bitwara arenga 101 z’amapound ku mwaka.

Ibi birwa byari byaratandukanyijwe na Mauritius mu mwaka w’1965, icyo gihe ikirwa cya Mauritius cyari kikiri mu maboko y’ubwongereza, nyuma ubwongereza bwaguze icyo kirwa kuri miliyoni zisaga 3 z’amapound gusa Mauritius yashimangiye ko ibyakozwe byari binyuranyije n’amategeko.


Ibirwa bya Chagos bisanzwe bibarizwaho ibirindiro by’ingabo z’Amerika.

Ubwongereza bwatumiye Amerika kuhubaka ibirindiro bya gisirikari ahitwa Diego Garcia byatumye abari bahatuye ku bwinshi bakurwa mu nzu zabo.

Bamwe bimuriwe muri Mauritius na Seychelles gusa abandi batujwe mu bwongereza cyane cyane mu bice bya Crawley mu burengerazuba bwa Sussex.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru