Hashize iminsi ku mbuga nkoranyambaga nka Twitter hacicikana amafoto y’Umunyarwandakazi Teta Sandra uzwi mu muziki nyarwanda, afite ibikomere mu maso n’ahandi ku mubiri bivugwa ko yabitewe n’umugabo we Weasel Manizo, umuririmbyi wo muri Uganda barushinganye.
Ni amafoto yateye benshi mu Banyarwanda umujinya uvanze n’agahinda k’umukobwa wabo uro gukorerwa ihohoterwa ririmo n’iyicarubozo, cyane ko byavugwaga ko atari ubwa mbere umugabo we amukubise ahubwo asa nuwabimenyereye.
Kuva ubwo benshi bakomeje gusaba ko Teta yagarurwa mu rwamubyaye agafashwa gukira ibikomere yatewe n’umugabo we Weasel Manizo. Ni ibintu byageze no ku rwego Ambasade y’u Rwanda i Kampala ibyinjiramo kugira ngo hamenyekane ukuri kwabyo. Byatumye kandi n’ababyeyi b’uyu munyarwandakazi bafata urugendo bajya kureba urw’umukobwa wabo ari gupfa, mu buryo buteye ubwoba kuri bamwe.
Nyuma y’iminsi ababyeyi ba Teta Sandra bari bamaze muri Uganda baragiye kureba ibibazo by’umwana wabo, byarangiye uyu mugore wari umaze igihe ahohoterwa n’umugabo we, Weasel Manizo, atashye mu rwamubyaye.
Amakuru IGIHE ifite ni uko uyu Sandra Teta yageze mu Rwanda ku wa 10 Kanama 2022 ari kumwe n’abana be babiri yabyaranye na Weasel.
Bivugwa ko ubwo Se wa Sandra Teta yageraga i Kampala, yavuganye n’umwana we, bakemeranya ko agomba gutaha kuko nawe ari byo yashakaga cyane ko ngo yari yarabuze uko yava iruhande rwa Weasel.
Ibi bibazo byavutse mu gihe Teta Sandra na Weasel bari bamaze iminsi bagaragaje ko bari mu myiteguro y’ubukwe bari batangaje ko buteganyijwe mu minsi iri imbere.























