Mutungirehe Samuel
Muri gahunda yo kurushahi gukingira umubare munini w’Abanyarwanda icyorezo cya COVID-19, Leta y’u Rwanda igiye kuzabona izindi nkingo zigera kuri miliyoni eshatu n’ibihumbi magana atanu. (m 3.5) kugeza mu mpera z’uyu mwaka wa 2021.}
Byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel ubwo yasobanuriraga Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru RBA uko gahunda y’ikingira iteganyijwe kugera ku baturage benshi bashobora.
Yagize ati "Dufite izindi nkingo nanone dutegereje mbere Yuko umwaka urangira, nazo Ni iza Phizer, ku buryo kugera mu moera z’uyu mwaka mu kwa 12 twiteguye kwakira inkingo miliyoni 3.5 za Phizer; bivuze ko gahunda iri kujya ku murongo mu minsi iri imbere tuzazamura umubare w’abo dukingira mu gihugu."
Minisitiri Ngamije yongeyeho ko no mu mpera z’uku kwezi kwa Gatandatu gutangiye u Rwanda ruzabona izindi nkingo za COVID-19.

















