Mutungirehe Samuel
Kuri Uyu wa Kane Guverinoma y’u Rwanda yakiriye inkingo 108,000 z’urukingo rwa COVID-19 zo mu bwoko bwa Johnson & Johnson, nk’icyiciro cya mbere cy’inkingo 2,191,000 yaguze binyuze muri gahunda yo kugura no gukwirakwiza inkingo mu bihugu bya Afurika, izwi nka AVAT.
Binyuze muri iyo gahunda yiswe The African Union’s African Vaccine Acquisition Trust (AVAT), umugabane wa Afurika uheruka kugura inkingo miliyoni 400 za Johnson & Johnson, zizafasha ibihugu byawo kurushaho gukingira abaturage benshi.
Kugeza ubu u Rwanda rumaze gukingira hafi 20% by’abaturage bose barengeje imyaka 18, mu gihe mu Mujyi wa Kigali abahawe urukingo rwa mbere ari hafi 90%, naho abahawe ebyiri ni 45%.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Dr. Tharcisse Mpunga yatangaje ko u Rwanda rutegereje izindi nkingo nyinshi bityo rwizeye ko intego rwihaye ruzayigeraho.
Ati “Dufite icyizere rero ko intego twihaye yo gukingira nibura 30% kugeza mu mpera z’uyu mwaka tuzaba twayigezeho cyangwa tukanayirenza.”
Gahunda y’ibanze y’u Rwanda ni ugukingira nibura 30% by’abaturage bakeneye urukimgo iKigali ho hagakingirwa 90%.


















