Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Ubudage n’Ubwongereza byafatiye ibihano Uburusiya

Tuesday 22 February 2022
    Yasomwe na

Nyuma yuko bigaragariye amahanga ko Uburusiya buhagaze ku mugambi wabwo, wo kwangira Ukraine kwishyira ikizana ikinjira mu muryango wo gutabarana mu Burayi wa OTAN cyangwa se NATO, Ubudage n’Ubwongereza byahise bishyiraho ibihano ku Burusiya.

Mu masaha make ashize Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya yaraye avuze ijambo ryatumye ibihugu byinshi bihita bisaba ko haterana inama yihutirwa y’akanama ka ONU gashinzwe umutekano ku isi.

Mu jambo yagejeje ku gihugu igikomeye cyane Putin yavuzemo ni uko Uburusiya bugiye kwemera nk’ibihugu byigenga igice cy’uburasirazuba bwa Ukraine inyeshyamba zise Repubulika za rubanda za Donetsk na Luhansk, kandi akoherezayo ingabo.

Ku ikubitiro, Perezida w’Ubudage, Olaf Scholz, yahise atangaza ko ahagaritse umugambi w’umuhora wa gaze uzwi nka "Nord Stream Two" mu karere ka Baltic.

Ibi ni nyuma y’aho Uburusiya butangarije ko bwemeje ubwigenge bw’intara ebyiri ziyomoye kuri Ukraine.

BBC yanditse ko Scholz ahagaritse intambwe zikenewe kugira umugambi w’uwo muhora ushobore kwemezwa.

Nord Stream Two ni umuhora wari witezwe kwongera bimwe biboneka gaze ishorwa mu Budage ivuye mu Burusiya nta handi irinze gucishwa.

Ibihugu bigize ishirahamwe ry’u Buraya birimo birakorera hamwe ngo bifate ingingo zo kubangamira inyungu z’Uburusiya, ingingo zizashirwa mu bikorwa mu turere twose tw’ishyirahamwe.

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Boris Johnson, yatangaje ibyo yise ibihano by’intangiriro ku mabanki atanu y’Uburusiya hamwe n’abaherwe batatu (Gennady Timchenko plus Boris and Igor Rotenberg).

Yabwiye inteko ishinga amategeko y’Ubwongereza ko imigambi ya Prezida Putin muri Ukraine itazashoboka kandi bikagaragara ko yananiranye, ariko amenyesha ko imbere atari heza.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’Uburusiya, Sergei Lavrov, ntiyahaye agaciro ibyo bihano by’Ubwongereza avuga yuko ari ’ikintu cyari cyitezwe’.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru