Uburusiya bwarekuye abasirikare 215 ba Ukraine n’abanyamahanga icumi bari barafatiwe ku rugamba muri Ukraine.
Ni umwanzuro uje mu gihe ibihugu byombi byari bimaze amezi mu biganiro byo guhanahana infungwa z’intambara, babifashijwemo na Turkiya n’Arabiya Sawudite, na Leta zunze ubumwe z’Amerika.
Ni amakuru yatangajwe na Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky.
Abarekuwe barimo abasirikare barwaniye cyane uruganda rw’amashanyarazi rwa Mariupol n’abakomanda babo.
Naho abanyamahanga icumi ni Abongereza batanu, Abanyamerika babiri, Umunyasuwede umwe, Umunyakorowasiya umwe, n’Umunyamaroke umwe. Bose uko ari icumi bahise bajyanwa muri Arabiya Sawudite aho bazaturuka bataha mu bihugu byabo.
Ku ruhande rwa Ukraine, yo yarekuye imfungwa z’intambara z’abasilikare z’Uburusiya 55 n’umunyapolitiki ukomeye w’Umunya-Ukraine, ariko ukorana n’Uburusiya. Yitwa Viktor Medvedchuk. Afite imyaka 68 y’amavuko.
Kuva mu 2002 kugera mu 2005, Medvedchuk yari umukuru w’imirimo mu biro bya Perezida wa Ukraine Leonid Kuchma, w’icyo gihe.
Ikigo ntaramakuru AP cyo muri Amerika, kivuga ko yaba yaratangiye gukorana n’Uburusiya icyo gihe. Hagati aho, Perezida Vladimir Putin yamubyariye umwana muri batisimu.
Medvedchuk yari depite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Ukraine kuva mu 2019. Yari afunze kuva mu kwezi kwa kabiri gushize. Leta ya Ukraine yamuregaga icyaha cyo kugambanira igihugu, cyashoboraga kumuviramo igihano cyo gufungwa burundu.




















