Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo biteganyijwe ko umurambo wa Padiri Rugirangoga Obaldi ugezwa mu Rwanda kugira ngo uzashyingurwe mu cyubahiro.
Padiri Rugirangoga yaguye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari yaragiye kwivuza ingaruka za Coronavirisi.
Ku wa mbere ni bwo umurambo wa Padiri Rugirangoga uzagezwa mu karere ka Rusizi kuri Diyoseze Gatulika ya Cyangugu nkuko byasobanuwe na Padiri Komerusenge Athanase, akaba n’Umunyamabanga wa Diyoseze Gatulika ya Cyangugu.
Yagize ati "Umurambo wa Padiri Rugirangoga uzagera i Rusizi ku wa mbere mu masaha ya saa kumi nimwe za nimugoroba, tumusezereho hanyuma muri uwo mugoroba dukomereze mu Ibanga ry’Amahoro aho azashyingurwa hanyuma ku wa kabiri tugire Igitambo cya Misa cyo kumusabira no kumusezeraho."
Aho ku Ibanga ry’Amahoro ni ikigo cyashinzwe na Padiri Rugirangoga kugira ngo abaturage bajye baza kuhaganirira n’Imana.

















