Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE, yatangaje ko yakiriye umuti witwa "Favipiravir" worohereza abazahajwe n’icyorezo cya COVID-19 umaze ibyumeru bitageze kuri bitatu wemejwe ko ufasha mu kwita ku barembejwe n’iki cyorezo.
Iby’uyu muti byaherukaga gutangazwa na Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel, ku wa mbere tariki ya 18 Mutarama 2021 ko u Rwanda rwawutumije ukaba ugiye gutangira guhabwa abarembejwe na covid-19.
Dr Hirwa Innocent, Umwalimu muri Kaminuza y’u Rwanda nawe yemeza ko uyu muti aho watangiye gukoreshwa utanga umusaruro ku barwaye covid-19.
Ati "Uwo muti uhangana na kariya gakoko gatera corona; uhangana nayo mu buryo bwo kwinjira mu turemangingo twa virusi noneho ukayibuza gukura kikuba mu bwinshi kugira ngo virusi ikomeze kubaho."
Minisitiri w’Ubuzima ubwo yatangazaa iby’uwo muti yavuze ko bazabanza gupima uko ubuzima bw’abarwayi bazawuha buhagaze, yaba uko impyiko zabo, umwijima n’ibindi bihagaze kugira ngo hatagira izindi ngaruka wateza ku mubiri.
umuti wa Favipiravir (C5H4FN3O2) wari usanzwe ukoreshwa cyane mu Buyapani, mu kuvura indwara z’ibicurane, ukaba witezweho gufasha abarwaye covid-19 kumererwa neza ku kigero cy 94%.















