Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Waruziko Gutwita umaze nibura umwaka ubyaye, byakurinda ibibazo

Monday 12 November 2018
    Yasomwe na

Yanditswe na Olive MUKAHIRWA

Inyigo y’abahanga mu buzima bw’ababyeyi n’abana bafatanyije n’inzobere
mu kubyaza bemeza ko amezi 12 nyuma yo kubyara aricyo gihe cyiza
umubyeyi yarakwiye gutegereza akaba yakongera gusama indi nda.

Ibi ngo birinda ibibazo umubyeyi ndetse n’umwana aba aheruka kubyara.

Aba bashakashatsi bavuga ko amezi 12 atari igihe ntarengwa ariko ngo
bibaye byiza nibura cyaba aricyo gihe gito umubyeyi yakongera gusamira
nyuma yo kubyara.

Inyigo y’aba bashakashatsi yatangarijwe mu kinyamakuru
cy’ishyirahamwe ry’abaganga bo muri Amerika(Jama) bagendeye ku ngero
zifatika z’abagore 150.000 batwise hagati y’umwaka w’2004 n’2014.

Aba bashakashatsi bavuga ko umubyeyi wongeye gusama ataramara
n’umwaka abyaye bishobora kumuteza ibibazo bikomeye kuri we no ku
mwana aba ahise asama bitaretse n’uwo yabyaye.

Muri ibyo bibazo harimo gukuramo inda ikiri mu mezi make, kubyara umwana upfuye cyangwa agapfa avuka cyangwa se akavukana integer nke ku buryo ashobora gupfa mu mezi ya mbere y’ubuzima bwe, kuvukana ibiro bidahagije cyangwa se bitanashyitse, hakaba n’abana bavuka imburagihe: batagejeje ku mezi
icyenda.

Ubushakashatsi bwasanze muri aba babyeyi cyane cyane abari mu kigero
cy’imyaka iri hagati ya 20-34 abangana na 59% bahura n’ibibazo byo kubyara
abana batagejeje igihe.

Ku babyeyi barengeje imyaka 35 bo ngo nibo baba bafite ibibazo cyane
kurusha abana babyara kuko abenshi muri bo baba bafite ibyago byinshi byo
gupfa babyara cyangwa bagapfa bakimara kubyara.

Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima OMS usaba ko buri mubyeyi mu
isi nyuma yo kubyara yazajya ashyiramo intera y’amezi 24 ni ukuvuga imyaka
2 hagati y’umwana n’undi mu kubabyara bakurikirana.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru