Mu kiganiro Perezida Kagame Paul aherutse kugirana n’abanyamakuru n’abaturage tariki ya 12 Ukuboza 2020, abaturage batari bake bishimiye ko yabijeje ko hashobora kuzashyirwamo inyoroshyo ku bo bigaragara ko batorohewe no kwishyura imisoro mishya ku mitungo itimukanwa ari yo ubutaka n’inzu, nyuma yuko bamugaragarije ko wiyongereye cyane.
Icyo gihe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr. Ndagijimana Uzziel yasobanuye ko minisiteri ayoboye imaze iminsi yakiriye ubusabe bw’abaturage ko amavugurura yakozwe muri iyo misoro mu 2018 benshi bagaragaje ko igiciro kuri metero kare kikubye inshuro zigera kuri eshatu, ko bibabangamiye mu mikoro make basigaranye, cyane ko hiyongereyeho n’ingaruka za Covid-19 yahungabanyije ubukungu bwa bamwe.
kuri uyu wa Gatanu Minisitiri Dr. Ndagijimana yatangaje ko bitarenze uku kwezi kwa Mutarama 2021 hazasohoka impinduka zabaye kuri uwo musoro.
Yabwiye Radiyo y’igihugu ko itsinda rishinzwe kubyigaho nirirangiza akazi karyo ari bwo bizatangazwa.
Guhinduka kw’ibiciro kuri metero kare ku mutungo utimukanwa mu gihugu byatewe n’Itegeko rigena inkomoko y’umutungo w’inzego zegereye abaturage rivuga ko umusoro uri hgati y’amafaranga 0 na 300 kuri metero kare imwe.

















