Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Abadepite bagiye gushyiraho Komisiyo idasanzwe ku bibazo byo mu karere

Friday 27 January 2023
    Yasomwe na

Abagize Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite biyemeje gushyiraho Komisiyo idasanzwe igiye gusesengura mu buryo bwimbitse ibibazo by’umutekano muke mu karere u Rwanda ruherereyemo, by’umwihariko hagati y’u Rwanda na Congo.

Ni igitekerezo cyazamuwe n’umwe muri bo kiza gutorerwa ku bwiganze bwa 100% ndetse abagize Biro y’Inteko Ishinga Amategeko bahabwa gutegura ibijyanye nayo n’abazaba bayigize, bitarenze iminsi 15.

Hari mu gikorwa cyo kumva uko umubano w’u Rwanda n’ibihugu byo mu karere uhagaze bagezwagaho na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga,
Dr Vincent Biruta, yitsa cyane ku bibazo u Rwanda rufitanye na Congo birimo gukurura umwuka w’intambara.

Minisitiri, Dr. Biruta yabanje kubibutsa inkomoko y’ikibazo cyagejeje ku mutwe wa M23 nk’umutwe urwanira uburenganzira bwawo, Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda n’abandi baturage bo muri Congo bazizwa ubwoko.

Yibukije Abadepite ko inshuro nyinshi uyu mutwe wa M23 wagiye ugaragaza ikibazo cy’uburenganzira bwawo n’Abanye-Congo muri rusange, ariko Leta ikavunira ibiti mu matwi, n’Umuryango Mpuzamahanga ntugire icyo ubikoraho.

Minisitiri Dr Biruta yavuze ko mu mpera z’umwaka wa 2021, aribwo hadutse imirwano hagati y’Ingabo za Leta, FARDC n’Umutwe wa M23. Kuva icyo gihe, RDC ishinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23.

Ni ibintu Leta y’u Rwanda yagiye ihakana kenshi ndetse ikagaragaza ibimenyetso bigaragaza ko ntaho u Rwanda ruhuriye n’intambara yo mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.

Nyuma y’ibisobanuro bahawe na Minisitiri Dr Biruta wari uhagarariye Guverinoma, abadepite bafashe umwanzuro wo gushyiraho komisiyo yo gucukumbura ibibazo.

Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, yagarutse ku bitekerezo byatanzwe n’abadepite birimo ko Inteko ishinga amategeko yakora umwanzuro wo kwamagana Jenoside irimo gukorerwa Abatutsi b’Abanye-Congo.

Yakomeje ati “Ariko hakabaho n’Umudepite watanze igitekerezo cyo kuba hajyaho komisiyo yajya gusesengura ibibazo mu buryo bwimbitse kugira ngo n’iyo twagira umwanzuro dufata cyangwa se n’iyo twaganira na bagenzi bacu mu rwego rwa diplomasi, bibe bishingiye ku bitekerezo byacukumbuwe cyangwa se byasesenguwe neza."

Si icyo gusa abadepite bavuzeho kuko hari n’abashimye ko u Rwanda rwihagazeho mu gusubiza umwanzi, bavuga ko gikorwa ingabo z’u Rwanda zakoze cyo kurasa ku ndege y’intambara ya Congo, Sukhoi-25 yari ivogereye ikirere cy’u Rwanda ku nshuro ya Gatatu ndetse bamwe bavuga ko iriya ari Rengarenga, indi nshuro yazaba rengankumene.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru