by scovia
Ibi byagarutsweho mu mahugurwa y’umunsi umwe yateguwe n’umuryango actionaid Rwanda mu mushinga wiswe Speak out aho bahuguraga abakorana nabo muruyumushinga nindi miryango itari iya Leta aho bigiraga hamwe uburyo bwo gufasha abantu bafite ubumuga by’umwihariko abana bakobwa .
Bamwe mu bitabiriye aya mahugurwa ntibari bazi imvugo zi koreshwa kubantu bamugaye mu rwego rwo kutabapfobya.
Ntibari bazi uburyo baganiriza abana bafite ubuga aho bavuze ko babimenye nkuko bisobanurwa numwe mu bahuguwe.
Turumwenawe solange nu mwe mubahuguwe akaba akorerea mu karere ka Nyaruguru ubasanzwe akaro muri gahunda ya Speak out aho yavuze ko aya mahugurwa agiye kumufasha. Yagize ati “njyewe mu bana babakobwa fite mu biganiro nyobora harimo umwana ufite ubuga bwigingo ariko ayamahugurwa anyeretse ko na muhezaga kuko twageraga mugihe cy’imicyino ugasanga arigunze ariko ubu nabonye uburyo bwo kumushyira mubandi agacyina, Abana nibacyina umucyino witwa agati biruka we nzajya muha kugenzu ko ntawibye abandi bityo akaba ariwe utanga amanota yabatsinze ibyo bizaba bimwereka ko ari mubacyina kandi abayoboye”.
Dusengize Danate wari wahagariye umuryango Impuwe Organization
Dusengize Danate wari wahagariye umuryango Impuwe Organization yavuze ko mu mashuri yabo ntamwana wamugaye bagira nuje ntibamwakira kuko ntaburyo bwihariye bwo kumufasha ariko nyuma yamahugurwa asanze barakoraga amakosa.Yagize ati “batwigishije numva amakosa twakoze kuko twigeze kugira umwana umugaye kukigo cyacu kuko ntanzira zabafite ubuga zihaba n’abarimu ntibamwiteho byihariye, kwiga biramunanira arataha ajyakwiga handi ubu ngiye gusaba ko habaho inzira ziborohreza kugera mwishuri ndetse duhugure n’abarimu kugirango bajye bamenya kubitaho kuburyo bigenerwa ingingo y’imari,ababyeyi bazazane bana bizeye ko tuzabafasha”.
Abahuguwe babwiwe zi mwe mu muvugo zikwiye gukoreshwa zi dapfobya abantu bamugaye
Ntibavuga:1,Ikiragi, bavuga umuntu ufite ubuga bwo kutavuga
2,Igipfamatwi bavuga ubufite ubuga bwo kutumva
3,Ikimuga bavuga ufite ubuga bwingingo
4,Igikuri bavuga ufite ubugufi bukabije
5.impumyi bavaga ufite ubugaga bwo kutabona
6.Nyamweru bavaga ufite ubuga bw’uruhu
Hari nabandi bantu bafite ubuga butandukanye cyangwa abafite ubukomatanyije ,babwiwe izinyito hagamijwe kwirinda makosa yakorwaga yo gupfobya abantu bamugaye biviramo nukwimwa uburenganzira bwabo.
Umushinga Speak out ufasha kwigisha abana ba bakobwa bakiri mu mashuli bari mu kigero cy’imyaka 9-18 ihohoterwa icyo aricyo, ubwoko bwaryo, uko rikorwa, abo rikorerwa, aho rikorerwa, igitera ihohoterwa, n’ingaruka zaryo. Abana banigishwa ubuzima bw’imyororokere.
Ufite intego yo guha abana b’abakobwa ubumenyi bwo kwirinda ihohoterwa no gushobora kwifatira ibyemezo ku buzima bwabo.
Uwo mushinga ukorera mu turere tune ari two Nyanza, Karongi, Gisagara na Nyaruguru, mu mirenge 9 ukazamara imyaka ine.


















