Umunyamakuru Ismael Mwanafunzi uzwi mu gukora ibyegeranyo bicukumbye byigaruriye amatwi ya benshi mu Rwanda, agiye kurushinga na mugenzi we MAHORO Claudine wamenyekanye kuri TV10.
Bitangiye kumenyekana ko abahuje umwuga, cyane cyane mu itangazamakuru mu Rwanda ko bahitamo kubana nk’umugabo n’umugore.
Mu kiganiro kigufi Mwanafunzi yagiranye na PRIMO.RW yemeje amakuru y’ubukwe bwe na Mahoro Claudine, ashimangira ko bamaze igihe mu rukundo n’ubwo byari hagati yabo gusa n’izindi nshuti zabo nkeya.
Yavuze ko ubukwe bwabo buteganyijwe taliki 1 Nyakanga 2023, aho imihango yose Gusaba no Gukwa ndetse no Gusezerana imbere y’Imana bizabera i Butare.
Yagize ati “Nibyo koko ubu ndi kwitegura kurushinga n’uwo tumaze iminsi mu rukundo. Ni Mahoro Claudine. Ibirori bizabera mu Majyepfo y’u Rwanda mu Karere ka Huye. Imihango yose [Gusaba no gukwa ndetse no kwakira inshuti n’imiryango] izabera Musée Ethnographique iherereye i Huye.”
Mwanafunzi avuga ko imyiteguro y’ubukwe bwabo irimbanyije.




















