ICYAMAMARE, Umukongomani, Antoine Christophe Agbepa Mumba, uzwi mu muziki nka Koffi Olomidé, yatangaje ko mu ntangiriro z’ukwezi gutaha araba ataramiye i Kigali mu Rwanda.
yabitangaje abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yifashishije amashusho, yavuze ko ashimishijwe no kuba agiye gutaramira i Kigali tariki 3 Ukuboza 2021.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega, yifurije urugendo rwiza Koffi Olomide ubwo azaba yerekeje mu rw’imisozi 1000.
Iki ni igitaramo cya gatatu Koffi Olomide agiye gukorera mu Rwanda mu myaka 15 ishize.
Nyuma yo kurwanya icyorezo cya COVID-19 gikomeje gucika intege, imyidagaduro ikomeje kongera gususurutsa Abanyarwanda bari bamaze hafi imyaka ibiri mu bwigunge.
Nyuma y’uko ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 zorohejwe, abahanzi n’abashoramari banyuranye bateguye ibitaramo byiganjemo ibikomeye.
Nyuma y’igitaramo cya Bruce Melodie, icyatumiwemo Adekunle Gold biherutse kubera mu Mujyi wa Kigali n’ibindi binyuranye byatumiwemo abahanzi bakomeye nka Rema na Omah Lay, byamaze kwemezwa ko Koffi Olomide agiye gususurutsa Abanyarwanda.
Antoine Christophe Agbepa Mumba [Koffi Olomide] ukunda kwiyita Grand Mopao, aheruka gutaramira mu Rwanda mu mpera z’umwaka wa 2016 muri Kigali Convention Centre mu gitaramo cya Kigali Count Down Events.
Mbere yaho, Koffi Olomide yaherukaga gukorera igitaramo i Kigali mu mwaka wa 2009, icyo gihe yaririmbiye kuri Stade Amahoro akaba yari yatumiwe na sosiyete y’itumanaho yitwaga Rwandatel.





















