By Imfurayabo Pierre Romeo
Umuhanzi umaze kwigarurira imitima ya benshi muri Afurika, Davido ukorera muzika mu gihugu cya Nigeria, yatangaje benshi ubwo byahishurwaga ko yambuye impeta umukunzi we Chiona bamaranye igihe mu rukundo nk’abantu bari barahanye igihango cyo kubana nk’umugore n’umugabo.
Davido, nyuma yo kwambura impeta umukunzi we byagizwe ibanga ariko hakomeza kwibazwa impamvu yambuye impeta Chioma kandi bizwi ko bafitanye igihando cy’urukundo, byaje kumenyekana, yewe n’umunyamakuru ukomeye muri Nigeria aza kubinyuza ku rukuta rwe rwa Twitter.
Uyu munyamakuru witwa Kemi Olunloyo, we yibazaga ahantu impeta ya Chioma yarengeye ariko ahishura ko Chioma yamaze kwamburwa impeta yambitswe n’umuhanzi Davido.
Umubano wa David Adedeji Adeleke na Chioma Avril Rowland wari umeze neza ariko ubwo umunyamakuru w’ibyerekeye ubuzima n’ibyerekeye iperereza muri Nigeria witwa Kemi yibazaga iki kibazo byahise bimenyekana ko urukundo rw’aba bombi rudahagaze neza muri iyi minsi.
Uyu munyamakuru yanditse ati ”Haba hari umuntu uzi impamvu Chioma Rowland yambuwe impeta na Davido”. Abenshi bahise bagwa mu kantu batangira kwibaza ku mubano wa Davido n’umukunzi we, Chioma.
Amakuru atandukanye avuga ko impamvu Chioma yaba yaratswe impeta na Davido, ahanini ari uko Chioma atigeze yambara impeta ye mu minsi itandukanye. Andi makuru avuga Davido ashobora kuba yarahagaritse gusezerana n’umukunzi we ari yo mbarutso yo kumwambura impeta yari yaramwambitse.




















