Mutungirehe Samuel
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, yatangaje ko yataye muri yombi abantu 13 bari mu mugambi wo gutegura ibikorwa by’iterabwoba i Kigali bashaka guturitsa bagashyira hasi zimwe mu myubako zikomeye zirimo Kigali City Tower, gare ya Downtown n’iya Nyabugogo.
Abafashwe beretswe itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Ukwakira 2021, ku munsi u Rwanda rwizihizaga umunsi wo ukunda Igihugu hazirikanwa ubutwari bw’ingabo zari iza APR hatangiye urugamba rwo gutsinda ubutegetsi bw’igitugu bwagejeje igihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abo bantu bafatanywe ibikoresho bagombaga kwifashisha mu mugambi mubisha wabo, birimo ibituritsa intambi n’imiturirwa, insinga, imisumari n’ibindi birimo telefone zigendanwa zirimo na video bigishirizwamaho.
Polisi yavuze iperereza rigaragaza ko aka agtsiko kakoranaga n’umutwe w’iterabwoba wa Allied Democrayic Forces ADF, ukorana na ISI mu bijyanye n’icengezamatwara, ubuhezanguni n’uburyo bwo guturitsa ibisasu.
Bamwe bafatiwe mu mujyi wa Kigali, abandi bafatirwa mu karere ka Rusizi na Nyabihu mu matariki atandukanye.
Polisi yashimiye abantu bagiye takorana n’inzego z’umutekano kugira ngo haburizwemo ibyo bitero, yizeza abaturarwanda ko ikomeje kuba maso.






















