Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Abanyarwanda bakwiye kujya basuzuma neza amafaranga bahawe cyane cyane inoti nshya: CIP Marie Goretti Umutesi

Saturday 16 May 2020
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre Romeo

Ibi yabivuze nyuma yuko Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Kanombe, kuwa Kane tariki 14 Gicurasi, ifafashe uwitwa Uwamaliya Chantal ufite imyaka 25, imufatana amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 25 y’amiganano.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Marie Goretti Umutesi avuga ko Uwamaliya yari asanzwe ari umukozi utanga serivisi zo kubitsa no kubikuriza abantu amafaranga, muri ako kazi akaba ari nabwo yakwirakwizaga ayo mafaranga.

CIP Umutesi yagize ati "Uwamaliya kugira ngo afatwe byaturutse kuri mugenzi we yari ahaye ibihumbi bitanu, uwo mugenzi we agiye kuyabitsa asanga ni amiganano. Bakurikiranye Uwamaliya basanga yari afite andi nayo y’amiganano ibihumbi 20, ahita afatwa."

Uwamaliya amaze gufatwa yavuze ko nawe ayo mafaranga yayahawe n’umukiriya nawe ashaka kuyikuraho agenda ayaha abantu.
CIP Umutesi niho yahereye asaba abantu kujya bitondera amafaranga yose bahawe cyane cyane inoti nshya.

Ati "Duhora dukangurira abantu cyane cyane abacuruzi bakira amafaranga menshi kujya bitondera amafaranga bakira, bakabanza kuyitegereza kuko hari ubwo usanga harimo amiganano."

Uwamaliya yashyikirijwe urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Kanombe kugira ngo hakorwe iperereza.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali yakanguriye abantu gufatanya n’inzego z’umutekano bakarwanya amafaranga y’amiganano ataraba ikibazo gikomeye mu gihugu kuko agira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’igihugu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru