Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Amafoto: Ba Ofisiye 108 barangije amasomo mu ishuri rikuru rya Gisirikari i Nyakinama basabwe gukomeza ubunyamwuga basanganywe

Tuesday 17 June 2025
    Yasomwe na

Abasirikari 108 baturuka mu bihugu 20 , kimwe cya Jordan n’u Rwanda basoje amasomo bari bamazemo umwaka mu ishuri rikuru rya Gisirikari ( Rwanda Defence Force Command and Staff college) riherereye i Nyakinama mu karere ka Musanze basabwe kuzakomeza gukora kinyamwuga.


Ibi babisabwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ubwo yari yaje muri iri shuri gusoza amasomo ajyanye n’imiyoborere mu bya gisirikare (Senior Command and staff Course) icyiciro cya 13.


Minisitiri w’intebe Dr. Édouard Ngirente niwe wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango.

Minisitiri Dr Ngirente wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango yabifurije amahirwe masa ndetse anabashimira imyitwarire yabaranze muri iki gihe bamaze biga


yagize ati “Nibyishimo uyu munsi ku Banyeshuri musoje amasomo, amahirwe masa ku ntambwe muteye. Iyi ntambwe nziza ntabwo ari iyanyu ku giti cyanyu gusa, nibe nk’igishoro gikomeye mu iterambere ry’umutekano ku bihugu byacu”.


Minisitiri Dr Edouard Ngirente yakomeje agira ati”nk’uko mugiye kujya mu nshingano, muzahore muzirikana ko ubuyobozi budashingiye gusa ku gutegeka ahubwo ni ugutanga serivisi ku gihugu cyawe n’abagituye, Bisaba umurava, gukorera hamwe nk’ikipe no kwiyemeza gukorera igihugu”


Col Dr. Dan Gatsinzi wahawe igihembo cy’indashyikirwa mu basoje ayo masomo yagaragaje amarangamutima ndetse yasobanuye icyo aya masomo avuze nk’ukusirikari wayitabiriye.


Col Dan Gatsinzi niwe wahawe igihembo cyo kuba yaratsinze neza.

yagize ati “Mu gisirikare habamo inzego zitandukanye, aya masomo ari mu rwego rujyanye no kuyobora ingabo ku rwego rwa Division (Intara) no ku rwego rwa Brigade. Ni n’umwanya wo kumenya neza izo ngabo, ase uziyobora ute bijyanye cyane n’igihe tugezemo, kuko ibihe bigenda bihinduka, murabona ibibazo biri ku isi hose, ntabwo ibihe twarimo mu myaka 10 ishize aribyo turimo uyu munsi, Gushyira mu bikorwa ibyo twize nicyo cy’ingenzi, kwiga ukabisiga mu mpapuro nyacyo byatumarira”.


Col Nombuso Dlamini NOBUHLE wa Kingdom of Eswatini yavuze ko amasomo asoje ariyo masomo akomeye kandi y’ingirakamaro yabonye mu buzima bwe bwa gisirikare, avuga ko ubumenyi bahakuye bugiye kubafasha kurushaho kunoza ubunyamwuga mu bijyanye n’umutekano wa Afurika ariko avuga ko yishimiye uko yasanze u Rwanda.


Abasirikare barangije amasomo, 73 bahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu masomo ajyanye n’umutekano (Masters of Arts in security studies)bahawe na kaminuza y’u Rwanda.


Ibihugu 20 nibyo byitabiriye Benin, Botswana, Burkina Faso, Repubulika ya Centrafrica, Eswatini, Ethiopia, Ghana, Guinea, Jordan, Kenya, Malawi, Mali, Mozambique, Niger, Nigeria, Rwanda, Sudani y’Epfo, Tanzania, Uganda na Zambia.


Abitabiriye amahugurwa baturutse mu bihugu 20 birimo 19 byo muri Afurika

Ba Ofisiye 78 n’abo muri (RDF) abapolisi ni 2 (RNP) , abaturutse muri (RCS) ni 2.


Ishuri rikuru rya Gisirikari rya Nyakinama ryafunguwe ku mugaragaro tariki ya 23 Nyakanga 2012, ryafunguwe na Nyakubahwa Perezida wa Repulika y’u Rwanda Paul Kagame.


Amafoto yaranze icyo gikorwa









Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru