Tuesday . 2 June 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more

Angola: Ishyaka rya UNITA ryahamagaje imyigaragambyo

Friday 9 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Ishyaka ritavuga rumwe na Leta muri Angola, UNITA, ryahamagaje imyigaragambyo muri Rubanda.

Ni umwanzuro ryafashe rifatanyije n’andi mashyaka bahuje umugambi nyuma yuko ikirego ryatanze mu rukiko rushinzwe kurinda itegeko Nshinga rwanzuye ko rutakira ikirego ryatanze ku gusesa amatora yabaye tariki ya 24 Kanama yegukanwa n’ishyaka MPLA risanzwe ku bbutegetsi.

MPLA yatsindiye ku majwi 51%, naho ishyaka UNITA ryabaye irya kabiri ryo ryari rifite amajwi angana na 44%, ari nabwo bwa Mbere ryagize amajwi menshi kuva ryatangira guhatanira uyu mwanya.

Adalberto Costa Junior, umuyobozi wa UNITA, we yateye utwatsi ibyavuye mu matora, avuga ko hari itandukaniro hagati y’amajwi yavuye muri komisiyo y’amatora n’amajwi yabaruriwe mu ishyaka.

Yashinje komisiyo y’amatora uburiganya, cyane ko ari nayo genzurwa na MPLA.

UNITA n’andi mashyaka atavuga rumwe na leta yahise ahamagaza imyigaragambyo yo mu mahoro yo kwamagana ibyo bavuze ko ari amakosa yakozwe mu matora.

Mu bindi bibazo, ngo hari indorerezi 1300 mu gihugu gikubye kabiri u Bufaransa, abantu bapfuye bagera kuri miliyoni 2.7 bashyizwe ku rutonde rw’itora, kandi ngo MPLA yahawe igihe cy’ikirere cyo kwiyamamaza kurusha abanda nk’uku Rwanda tribune dukesha aya makuru ibivuga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru