Umuryango umwe wo mu gihugu cya Indoneziya, babyaye umwana wabo wa 2 bamwita « Google » bagamije kumwifuriza kuzaba umuyobozi ukomeye n’ikirangirire muri iyi si.
Ni umugabo witwa Andi Cahya Saputra n’umugore we Ella Karin, ku mezi arindwi umwana wabo akiri mu nda bashakishije amazina bazamwita bemeranwa ko bagomba kwibanda ku mazina afitanye isana n’ikoranabuhanga. Bagerageje amazina arimo "Windows, iPhone, Microsoft et iOS" ariko birangira bahisemo izina rya “Google” barisobanura nka moteri y’ubushakashatsi, bamwifuriza amahirwe y’ikirenga mu buzima bwe bwose no kuzaba umuhanga mu buryo budasanzwe. Ikinyamakuru Daily Miror cyatangaje ko cyiboneye icyemezo cy’amavuko cy’uyu mwana ubwo nyina yari avuye kumwandikisha ko mu mazina ye harimo n’irya « Google »
Cyakora nabwo uyu muryango wabanje kunanirwa gusobanura amahitamo y’iri zina ry’umwana wabo kuko akivuka ababazaga izina rye, ababyeyi bavugaga ko yitwa « Umwana w’umuhungu ». Ndetse n’imiryango ntabwo yigeze ishyigikira iri zina, ariko ababyeyi b’umwana bo bari bamaze kuryemeza biyemeza kurigumana ku mwana wabo.
Andi, se w’umwana yasobanuye ko batise umwana wabo “Google” bagamije kumugira icyamamare ahubwo ngo bamwifurizaga kuzafasha abantu benshi no kuzaba ingirakamaro ku bandi bantu kandi benshi.
Naho nyina w’uyu mwana we avuga ko abinyujije muri iri zina yifuriza umwana we kuzaba umuyobozi ukomeye.
Ariko nabwo aba babyeyi babajijwe impamvu batise umwana wabo amazina y’abashinze google aribo Larry Page na Sergey Brin nubwo nayo avugitse neza kandi akaba amazina y’abanyabwenge, bavuze ko bo bikundiye izina rya google.
MUKAHIRWA Olive

















