Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Brazil: Lula atsinze Bolsonaro mu matora ya Perezida

Monday 31 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Brazil yasubiye mu murongo wa politiki w’abaharanira impinduka, nyuma yuko Luiz Inácio Lula da Silva wahoze ari Perezida atsinze Jair Bolsonaro wari usanzwe ari Perezida.

Nyuma y’ibikorwa byo kwiyamamaza byatanzwemo gushyamirana kw’aba bacyeba muri politiki, Lula yatsinze amatora n’amajwi 50.9%.

Ayo yari ahagije ngo atsinde Jair Bolsonaro. Abashyigikiye Bolsonaro bari bafite icyizere ko atsinda aya matora. Ariko gucikamo ibice kwagaragajwe n’aya matora bishoboka ko kutagiye guhita kuvaho burundu.

Uku ni ukugaruka gutangaje cyane kw’umunyapolitiki utarashoboye kwiyamamaza mu matora ya perezida yo mu 2018 kuko yari ari muri gereza atemerewe kugira umwanya w’ubutegetsi yiyamamariza.

Yari yarahamijwe kwakira indonke (ruswa) ayihawe na kompanyi y’ubwubatsi yo muri Brazil na we akayiha kontaro z’akazi muri kompanyi y’ibitoro ya leta ya Brazil, Petrobras.

Lula yamaze iminsi 580 muri gereza mbere yuko guhamwa n’icyaha kwe guhindurwa impfabusa, asubira mu rubuga rwa politiki.

Mu gutangira ijambo rye ry’intsinzi, yagize ati: "Bagerageje kumpamba ndi muzima ariko dore ndi hano".

Lula, w’imyaka 77, yari yarabaye Perezida wa Brazil kuva mu mwaka wa 2003 kugeza mu mwaka wa 2010.

Yavuze ko azaba Perezida w’Abanya-Brazil bose, atari gusa abamutoye.

Amakusanyabitekerezo yari yaciye amarenga kuva mu ntangiriro ko azatsinda aya matora, ariko ubwo mu cyiciro cya mbere yarushaga gato Bolsonaro ugereranyije n’ikigero cyari cyitezwe, Abanya-Brazil benshi batangiye gushidikanya ku kuri kw’ayo makusanyabitekerezo.

Jair Bolsonaro ntaratangaza ko yemera ko yatsinzwe.

Ibikorwa byo kwiyamamaza byaranzwe n’umwuka mubi, ku ruhande rumwe kuko Bolsonaro yari yagaragaje gushidikanya - adatanga gihamya - ku kwizerwa kw’uburyo bw’ikoranabuhanga bwa Brazil bwo gutora.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru