Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Brésil yageze mu cyiciro cya kabiri nyuma y’aho abakandida babiri bahatanye babuze amajwi asabwa ngo hagire uwegukana intebe isumba izindi.
Luiz Inacio Lula da Silva yagize amajwi 48,4% mu gihe Jair Bolsonaro usanzwe ku butegetsi we yagize 43,2%; bivuze ko ugomba kuba Perezida wa Brésil azamenyekana mu mpera z’uku kwezi binyuze mu matora y’icyiciro cya kabiri.
Lula da Silva si mushya muri politiki ya Brésil kuko yabaye Perezida wa 35 w’iki gihugu hagati ya 2003 na 2010. Magingo aya, arashaka kongera kuyobora iki gihugu.
Uyu mugabo w’imyaka 76 nyuma yo kutuzuza amajwi asabwa, yabwiye abamushyigikiye ko urugamba rukomeje. Ati “Urugamba rurakomeje, kugeza ku munsi w’intsinzi.”
Abaturage bo muri Brésil ntibagiriye icyizere Bolsonaro usanzwe ari Perezida. Impamvu ahanini ni uburyo yitwaye mu kibazo cy’icyorezo cya Covid-19 cyasize abaturage ibihumbi 685 bapfuye mu gihe kandi abandi barenga miliyoni 30 bafite ikibazo cy’inzara.
Ku wa 30 Ukwakira nibwo byitezwe ko icyiciro cya kabiri cy’amatora kizaba.




















