Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Captain Ibrahim Traore, Pereziada w’inzibacyuho wa Brukina Faso, yatangaje ko ku cyumweru gishize hari abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi bwe, avuga ko atazabata muri yombi ahubwo azagirana nabo ibiganiro.
Mu cyumweru gishize nibwo ku mbuga nkoranyambaga hadutse ibyo guhirika bw’izibacyuho muri Brukina Faso. Ku cyumweru no kuwa mbere nijoro, haba imyigaragambyo y’abashyigikiye Capt. Traore bamagana uko guhirika ubutegetsi.
Bwiza dukesha iyi nkuru ivuga ko, mu nama yakoresheje kuri uyu wa kane mu mujyi wa Ouagadougou, ya sosiyete sivile n’abayobozi b’amadini, Capt. Traore, yavuze ko azi abashatse guhirika ubutegetsi ariko yahisemo kuganira nabo aho kubata muri yombi.
Radio Omega yatangaje ko perezida Traore yasabye ubufasha buri kwezi kuko hari abo mu nzego z’umutekano bashaka gutobera guverinoma ye no guca igikuba.
Perezida kandi ngo yasabye abitabiriye ibyo biganiro, kuba maso kuko gutera intambwe ya demokarasi bitoroshye. Yatangaje ko hari amafaranga yakwirakwije mu bantu ngo bahungabanye umutekano, asaba abo bari kumwe kukutagwa muri uwo mutego.
Muri uyu mwaka iki gihugu kimaze kubamo Coup d’etat inshuro ebyiri. Muri Nzeri nibwo Traore w’imyaka 34 yahiritse ubutegetsi bwari buriho Lt Colonel Paul-Henri Sandaogo Damiba, wari warabufashe muri Mutarama ahiritse perezida Roch Marc Christian Kabore.




















