Mukarere ka Bugesera mu murenge wa Ngeruka hara umwana w’umukobwa wasambanyijwe twise, Uwimana mu rwego rwo kurinda uburenganzira bwe nk’umwana ndetse nk’uwahohotewe. Afite imyaka 15 muri uko gusambanywa yatewe inda afite amezi 6 :umubyeyi wuwo wasambanyijwe avuga ko umunsi asambanywa yamubwiraga ibyabaye ntabyunve kugeza ubwo yamweretse ku gitsina, nyina abona koko yasambanyijwe ariko yamubaza uwariwe agaca amarenga amwereka ko uwabikoze yari ku Igare akajyenda .
Mukamana ni izina twise nyina w’umwana wasambanyijwe avuga ko acyimara kubona ko umwana ya sambanyijwe yagiye ku kaagari kaho batuye (na kagari twanze kukavuga mu rwego rwo kurinda uwahohotewe) akajya kubwira ubuyobozi maze umuyobozi ushijwe imibereho myiza avuga ko baza gusha uwabikoze
Umubyeyi yagize ati”yagiye nkuko yajya ava mu rugo yagiye kureba bagenzibe agaruka arira ndabubaza nkuko dusazwe tuvugana abwira ibintu sinabyumva agezeho ajyereka kugitsina, nagiye ku kagari babwira ko baza kubikurikirana ariko nubu ntacyo babikozeho, kugeza ubwo umwana abyaye amaze kubyara uwamuteye inda yarabonetse ariko nubundi ntatyo bamutwaye ,nubuyobozi burabizi ikibabaje nta nicyo badufasha mu mibereho y’umwana, najye wikoreraga uturimo byarananiye kuko ndera uwo ufite ubumuga nuwo yabyaye urumvako bikomereye “.
Uyu mubyeyi akomeza avuga ko hari hakwiye ubufasha kugirango uwamusambanyirije umwana ahanwe ndetse n’umuryongo wa babyaranye n’umwana baafashe umwana yabyaye kuko tugowe nubuzi
Umuyobozi wa karere ka bugesera Mutabazi Richard avuga ko atari azi icyo kibazo ariko aza kugikurikirana, yagize ati”ntabwo iki kibazo ntacyo twamenye ariko kuba tucyimenye turaza gufatanya nuhagaruye abafite ubumuga mu karere turebe icyo dukora,ikinti ababyeyi mu gihe babyiye urwego rumwe rw’ubuyobozi akabona ntacyo abikozeho bajye babwira na police na karere kuko twese ntitwarangara kukibazo nkicyo, ni ikibazo kidukomereye cyane nk’ubuyobozi ndetse n’igihu muri rusange”.
Murebwayire shafiga umuyobozi wi ishami rishijwe kurwanya ibyaha byihohoterwa rishingiye kugitsi muri RIB avugo ko abantu bakwiye kugaruka kumco wo gutabaran, yagize ati” niba umuturanyi agize ikibazo bagahohotea umwanawe niyoyaba atazi kuvuga ariko abamuvugira, kuko basazwe bavugana nawe ntibakwiye guhishira uwakoze iyaha ntakwiye guhishirwa, twebwe nka bagenzacyaha dufite uburyo bwo gufasha uwakorewe icyaha uwariwe wese, bafite ubuga bahohotewe turabafasha kuko twifashisha inzobere mu kuvugana nabo mururimi rwamarenga.Dukoresha buryo bukoreshwa bwose ngo haboneke amakuru kugirango umunyacyaha ahanwe”.
Murebwayire akomeza avuga ko ikibazo ari abahishira uwakoze icyaha kuko ukurikije imibare ya bakora ibyaha nabona bakurikirandwa imibare iracyari micye turasaba ababyeyi gutinyuka bakavuga umugo uba wangije umwana aho kubeshwa ko azabafasha kandi yakoze icyaha .
Mugihe urwanda n’isi yose bavuga ko abana basambangwa byumwihariko mu Rwanda ho hari ingeso yo guhishira kugeza ubu harabarurwa abana basaga ibihumbi cumi nabirindwi muka wa 2017 ariko usanga bagabo bakurikiarangwe mugutera inda bakiri bacye cyena .


















