Raoul Nshungu
Hashize iminsi Leta y’Uburundi isabye abarimo ba Guverineri b’intara gukora urutonde rw’abayobozi bavuwaho, ubushurashuzi cyangwa ababana mu buryo butemewe n’amategeko ubundi bagakurwa mu mirimo yabo kuko ibyo bitandukanye n’indangagaciro z’umuyobozi.
Mu itangazo ryo ku wa 20 Nzeli 2021 ryashyizwe ho umukono na Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu n’amajyambere rusange Gervais Ndirakobuca rivuga umuyobozi ufite imyitwarire nk’iyo agomba kwirukanwa nta yindi nteguza ngo kuko bishobora kuba bitesha umutwe abaturage.
Iri tangazo rigira riti "Mu nama zinyuranye n’abaturage, haravugwa abayobozi bafite abo babana mu buryo butemewe n’amategeko cyangwa abavugwa ho ubushurashuzi kandi guverinoma yari yafashe ingamba zo guca intege iyi myitwarire mu gihugu cyose. Byongeye kandi, Minisitiri w’Intebe arasaba ko inzego zose zigomba kwerekana indangagaciro zimwe, zikabera urugero kandi zigatera icyizere."
Iri tangazo rikomeza rivuga ko buri muyobozi akwiye kuba afite indangagaciro zo kwihesha agaciro no kuba intangarugero.
Ku rundi ruhande hari abaturage bishimiye iki cyemezo, nkaho ikinyamakuru Iwacu-Burundi cyavugishije umuturage wo mu ntara ya Cibitoke.
Yagize ati "Hari abayobozi batihishiraga akumva ko inshoreke ye ihari mu buryo buhoraho bakabikora nta cyo bikanga."
Gusa hari ibinyamakuru byagiye bigaragaza ko ubu buryo bushobora guteza ibibazo dore ububasha bwahawe ba guverineri bishoboka ko hari abakwirukanwa bazize izindi mpamvu batumvikana ho n’abafite ubwo bubasha.
Ibaruwa yose ya Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu n’amajyambere rusange Gervais Ndirakobuca yandikiye abayobozi




















