Tuesday . 2 June 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more

Byamutwaye ijoro rimwe gutatura ihurizo ryatwaye ameze 4 abahanga mu mibare

Saturday 14 May 2022
    Yasomwe na

Umushinwa Wei Dongyi yanditse amateka iwabo ubwo yakoreshaga ijoro rimwe gusa mu kugera ku gisubizo cy’ihurizo ry’imibare ryafashe amezi 4 yose abarimu b’intiti mu mibare.

Ni umusore ukiri muto, w’imyaka 30 y’amavuko akaba n’umwalimu wungirije wa kaminuza ya Peking University i Beijing mu Murwa Mukuru wUbushinwa umugereranyije n’abasaza 6 mu mibare bafite za dogitora n’impamyabumenyi z’ikirenga mu mibare bararaga bataryamye bashaka igisubizo cy’icyo kibazo.

Igitangaje nuko amaze kubereka igisubizo, iryo tsinda ryagerageje guha agashimwe Wei ariko arakanga, abisabira gusa kumwishyurira ikarita y’urugendo.

Yagize ati, "Ntabwo ari ngombwa kunyishyurira akabazo koroshye kuriya."

Nubusanzwe ariko Wei Dongyi yemerewe kwigisha muri kaminuza ya Peking atiriwe aca muri kaminuza y’intiti mu mibare kazwi nka Gaokao ibanza kuyungurura ubuziranenge bw’abanyamibare mu Bushinwa.
Source: Yahoo.news

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru