Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Chris Eazy yasize akoze amateka i Burundi

Tuesday 16 August 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Chris Eazy uri mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi yavuze ko nyuma y’iminsi ari gutaramira mu gihugu cy’u Burundi yanyuzwe n’uko yakiriwe dore ko bwari ubwa mbere ataramira hanze y’u Rwanda.

Uyu musore ukunzwe mu ndirimbo nka Inana, Amashu, Amashimwe na Fasta, yeretswe urukundo n’abakunzi b’umuziki we i Burundi bitabiriye ibitaramo bye ku bwinshi.

Chris Eazy yakoreye ibitaramo bitatu mu Burundi, birimo icyabereye hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi, icyabereye mu Mujyi wa Bujumbura n’ikindi yakoreye mu Mujyi wa Bugarama mu ijoro ryo kuriki iki Cyumweru tariki 14 Kanama 2022.mu

Mu kiganiro na IGIHE ari nacyo dukesha iyi nkuru, ubwo yari arangije ibi bitaramo Chris Eazy yavuze ko yanyuzwe n’ukuntu yakiriwe muri ibi bitaramo yakoreye i Burundi.

Ati “Ubwo nakoreraga ibitaramo i Burundi ntabwo niyumvishaga ko hari imbaga y’abafana bakunda indirimbo zanjye. Natunguwe no gusanga uretse kuba bakunda ibihangano byanjye banazi kubiririmba byose.”

Uyu musore yakomeje agira ati “Ni igihugu ugeramo ukabasha kumvikana na buri muturage waho kuko indimi zacu zenda guhura. Mu ijambo rimwe nisanze nk’aho ari mu rugo.”

Chris Eazy ni umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda akaba icyamamare ku ndirimbo ziganjemo izo yasohoye mu gihe cy’umwaka ushize atangiye gukorana na Junior Giti usigaye ari Umujyanama we.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru