Umuhanzikanzi w’Umunyarwanda Clarisse Karasira, yashyiize hanze ifoto yuko yibarutse imfura ye, mu ifoto y’ikiganza cy’abantu batatu, umugabo, umugore n’uruhinja ayiherekeza amagambo agaragaza ko yaruhutse.
Clarisse Karasira yashakanye n’Umunyarwanda uba hanze y’igihugu,(Umudiyasipora) muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Ifashabayo Sylivain [Dejoie], ubu bakaba bishimiye kuba ababyeyi.
Mu butumwa batambukije ku mbuga nkoranyambaga zabo mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Kamena 2022, Umuhanzikazi Clarisse Karasira n’umugabo we, bagaragaje ibyishimo by’igisagirane byo kuba bibarutse imfura yabo.
Clarisse Karasira yifashishije ifoto igaragaza ibiganza bye n’umugabo we ndetse n’icy’umwana wabo bibarutse, yagize ati “Impundu impundu babyeyi, Ikoobe Ikoobe Abato. Umukobwa w’Imana n’igihugu hamwe n’umutware, imfura yo mu batangana baguye umuryango.”
Uyu mubyeyi yirinze kugaragaza ifoto yo mu maso h’uruhinja rwe
Clarisse Karasira yateguje abamukurikira ko vuba aha amazina y’umwana bazayamenya, nyuma y’umuhango wo kurya Ubunnyano no kwit izina nkuko nabo nk’ababyeyi babikorewe bavuka.
Mu kwezi gushize kwa Gicurasi, Clarisse Karasira yari yakorewe ibirori byo kwitegura umwana yari atwise bizwi nka Baby Shower.





















