Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

DR Congo: Abantu 4 bahitanwe n’amashanyarazi mu myigaragambyo ya Uvira

Thursday 28 July 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Ubutumwa bw’umuryango w’abibumbye bari kubungabunga amahoro muri Congo, MONUSCO, bwemeje ko abantu bane bapfuye bishwe n’amashanyarazi mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Epfo.

Ni mu myigaragambyo ikomeje yo kwamagana ubutumwa bwa UN muri Congo, MONUSCO, byatangiye nyuma gato yah umuyobozi mukuru wabwo avuze ko inyeshyamba za M23 zikomeye kurusha igisirikare gisanzwe bigoye kuzitsinda.

Twitter ya MONUSCO yavuze ko ibyo byabaye ku wa gatatu hafi y’ikigo cyayo cyo muri uwo mujyi cy’abasirikare bo muri Pakistan. Guverineri Théo Ngwabidje wa Kivu y’Epfo yavuze ko iyo "mpanuka" yatewe n’urusinga rw’amashanyarazi rwaguye, avuga ko hagiye gukorwa iperereza ngo hamenyekane icyabiteye. Yasabye abaturage ba Kivu y’Epfo ba Uvira by’umwihariko kugira ituze.

Ariko ku wa gatatu, Hakizimana Nduwayo Zacharie ukora mu rwego rw’amashanyarazi muri Uvira yabwiye BBC Gahuzamiryango ko yamenye ko urwo rusinga rwaguye kuri abo bagabo bane ubwo abari mu myigaragambyo bateraga amabuye ku kigo cya MONUSCO.

Avuga ko abasirikare barashe hejuru mu kubatatanya, nubwo yavuze ko atamenya niba ari abasirikare ba Congo cyangwa ba MONUSCO barashe ayo masasu agaca urwo rusinga.

Avuga ko abigaragambyaga batezaga imvururu, bageragezaga gufunga imihanda, by’umwihariko gufunga ikigo cy’abasirikare ba MONUSCO. Nyuma abashinzwe umutekano baje guhosha iyo myigaragambyo.

Abantu 19 ni bo bamaze kwemezwa ko bamaze kwicirwa mu mvururu zaturutse ku myigaragambyo yo kwamagana abasirikare ba UN muri Congo. Aba barimo abapolisi babiri n’umusirikare ba MONUSCO.

Nyuma y’imijyi ya Goma na Butembo yabayemo imyigaragambyo muri Kivu ya ruguru, ku wa gatatu umuvugizi wa gisirikare muri iyo ntara, Général de Brigade Sylvain Ekenge, yabwiye BBC Gahuzamiryango ko "ibintu byasubiye mu buryo".

Hashize igihe hari abaturage binubira abasirikare ba MONUSCO bagasaba ko bava mu gihugu, bavuga ko bananiwe kugarura umutekano nyuma y’imyaka irenga 20.

Hashize kandi amezi hongeye kwaduka imirwano hagati y’ingabo za leta ya Congo n’umutwe w’inyeshyamba wa M23, nyuma y’imyaka hafi 10 yari ishize nta gitero gikomeye kiba cy’uyu mutwe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru