Visi-Perezida wa Mbere w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jean-Marc KABUND-A-KABUND, yeguye ku nshingano ze kubera ko abamurinda baherutse gusuzugurwa baranakubitwa.
Kabund yatangaje ko afashe iki cyemezo nyuma y’uko abapolisi bamurinda bakubiswe n’abasirikare barinda Perezida wa Repubulika.
Byatangiye ubwo abapolisi barinda KABUND-A-KABUND bafata umwe mu basirikare barinda Umukuru w’igihugu n’abagize umuryango we, la Garde Républicaine, wari uri mu modoka y’Umufasha wa Perezida wa Perezida witwa Agnes Tshisekedi bakamwambura imbunda barangiza bakamukubita bakamwumvisha.
Nyuma yo kumukubita baramufashe bamujyana ku kigo cyabo.
Ntibyatinze bagenzi be barabimenya nabo barikora bajya gukubita abapolisi barinda Visi Perezida w’Inteko ishinga amategeko.
Barakubise biratinda biza no kumenyakana ko ibintu bikomeye, abasirikare bashinzwe ikinyabupfura cya bagenzi babo baza gutabara.
Iyi rwaserera hagati y’ingabo zirinda Umunyacyubahiro wa mbere mu gihugu n’abapolisi barinda umwe mu bayobora Abadepite yatumye abantu bibaza uko imiyoborere ya Perezida Felix Tshisekedi yafashe muri iki gihe.
Ntibisanzwe ku isi ko izi nzego zirwana kugeza n’ubwo abantu bafata amashusho yo guterana igipfunsi.
Ni icyemezo yafashe ahita agitangariza kuri Twitter.
Ibiro bya Perezida wa Repubulka ya Demukarasi ya Congo ntibiragira icyo bitangaza ku bwegure bwa Jean-Marc Kabund.
Congo DRC iritegura amatora rusange ya Perezida Felix Tshisekedi mu 2023 nyuma yuko Perezida uriho azaba asoje Manda ye ya mbere.



















