Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Ubushinjacyaha bwasabiye Vidiye Tshimanga wahoze ari umujyanama wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi , imyaka itatu y’igifungo n’imirimo y’agahato kubera ibyaha ashinjwa bya ruswa.
Muri Nzeri 2022 nibwo ku mbuga nkoranyambaga hashyizwe hanze amashusho ya Vidiye Tshimanga, amugaragaza ari kuganira n’abashoramari abasaba amafaranga kugira ngo abafashe.
Muri ayo mashusho yafatiwe i Londres mu Bwongereza, hari aho uyu mugabo abwira abo bashoramari, ko bazashora miliyoni 200, bagakora bakabona inyungu ariko ko azaba afite imigabane muri sosiyete yabo.
Vidiye Tshimanga yahise yegura ndetse atangira gukurikiranwa mu nkiko ku byaha bya ruswa, gukoresha ububasha bwe no kugomera umukuru w’igihugu.
Abunganira Tshimanga bo bavuze ko umukiliya wabo ibyo ashinjwa byakorewe mu mahanga bityo nta bubasha inkiko z’imbere mu gihugu zimufiteho.
Amakuru dukesha Igihe avuga ko,Tshimanga yatawe muri yombi tariki 21 Nzeri 2022, nyuma aza kurekurwa ngo aburane ari hanze.




















