Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Dr. Utumatwishima yatungiye agatoki RIB abarimo Yago

Thursday 15 August 2024
    Yasomwe na

Uwari Minisitiri w’Urubyiruko muri Guverinoma icyuye igihe, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yatungiye agatoki inzego zigenza ibyaha mu Rwanda ko zagenzura niba mu biganiro by’umwe mu bakorera kuri YouTube uzwi nka Yago hatarimo ibyaha by’amacakubiri no gucamo abanyarwanda ibice.

Dr Utumatwishima yatabarije ku rubuga rwa X rwahoze ari Twitter, abitewe n’uruhererekane rw’ibiganiro uyu musore n’abandi bamaze iminsi bateranamo amagambo, bakoresha imvugo yasanze zikomeye atangira gukemanga icyo bishobora kubyara mu gihe bikomeje kurebererwa.

Yagize ati: "Nabanje gukeka ko ibyo urubyiruko rurimo ari ugususurutsa muri showbiz.
Hajemo ibyo kuvuga uturere abantu bavukamo n’inyangarwanda narikanze.

Mubo Dr. Utumatwishima yavugaga ari nabo yasabye RIB ko yakitaho barimo Yago, uwiyita godfather, m_,irene, sky2 n’abandi. Aba bazwi cyane mu biganiro n’ubuhanzi bitambuka ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube, ku mirongo bafunguye bakoreraho ibiganiro.

#Yago, #godfather, #m_irene, #sky2, etc.

Yago ushobora kuba ari kwishyira mu mazi abira

Mubo uyu Nyarwaya wiyita Yago yatukaka, nabo bagiye batanga ibiganiro mu buryo bwo kumusubiza mu bihe bitandukanye.

Gusa nyirubwite yagiye aterwa imijugujugu n’abantu batandukanye kuri X, bagiye batanyurwa n’imvugo zisesereza, zirimo kubibutsa aho bakomoka, uwo bakomokaho ndetse n’imvugo zumvikanamo ivangura rishingiye ku karere, ko aho bakomoka hafite ukundi ahafata.

Nyirubwite nawe ntiyariye iminwa amaze kubona ko Dr. Utumatwishima amushumurije RIB, ahita atangaza impamvu imutera kuvugana ubukana ibyo yakoze.

Nubwo Yago yagerageje kwisobanura, hari abatabyakiriye uko abisohoye, bahitamo kumwibutsa ko akwiye guhagarikwa amazi atararenga inkombe.

Samuel Mutungirehe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru