Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Gabon: Abahiritse Bongo bahawe umukoro utoroshye

Friday 1 September 2023
    Yasomwe na

Abasanzwe batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Ali Bongo Ondimba uherutse guhirikwa basabye agastiko k’abafashe ubutegetsi ko niba batemera ibyavuye mu matora basubiramo ibarura ry’amajwi hakamenyekana uwari kuba Perezida watowe n’abaturage.

Aba basanzwe badacana uwaka n’umuryango wa Bongo urengeje kimwe cya Kabiri cy’ikinyejana ku ngoma ya Gabo bishimiye ihirikwa ry’ubutegetsi abenshi bavutse basanga bakaba bamwe babaye ibikwerere.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bafite icyizere ko mu gihe amajwi yasubirwamo, ibizavamo bizageza umukandida wabo Ondo Ossa ku ntsinzi, akaba umukuru w’igihugu.

Ni mu gihe ingabo ziyobowe na Gen Brice Oligui Nguema zigifata ubutegetsi zahise zitesha agaciro ibyavuye mu matora, ndetse inzego z’ubuyobozi za leta zose ziraseswa.

Perezida Ali Bongo yahiritswe ku butegetsi tariki 30 Kanama 2023, nyuma y’amasaha make komisiyo y’amatora itangaje ko yayatsinze agize amajwi 64.27%, mu gihe umukandida uhagarariye abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Ondo Ossa we yagize 30.77%.

Uru rubyiruko na benshi mu babyeyi babo bari bazi ko Perezida wese wa Gabon aba ari Bongo

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru