Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Gabon: Abahiritse Bongo bahawe umukoro utoroshye

Friday 1 September 2023
    Yasomwe na

Abasanzwe batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Ali Bongo Ondimba uherutse guhirikwa basabye agastiko k’abafashe ubutegetsi ko niba batemera ibyavuye mu matora basubiramo ibarura ry’amajwi hakamenyekana uwari kuba Perezida watowe n’abaturage.

Aba basanzwe badacana uwaka n’umuryango wa Bongo urengeje kimwe cya Kabiri cy’ikinyejana ku ngoma ya Gabo bishimiye ihirikwa ry’ubutegetsi abenshi bavutse basanga bakaba bamwe babaye ibikwerere.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bafite icyizere ko mu gihe amajwi yasubirwamo, ibizavamo bizageza umukandida wabo Ondo Ossa ku ntsinzi, akaba umukuru w’igihugu.

Ni mu gihe ingabo ziyobowe na Gen Brice Oligui Nguema zigifata ubutegetsi zahise zitesha agaciro ibyavuye mu matora, ndetse inzego z’ubuyobozi za leta zose ziraseswa.

Perezida Ali Bongo yahiritswe ku butegetsi tariki 30 Kanama 2023, nyuma y’amasaha make komisiyo y’amatora itangaje ko yayatsinze agize amajwi 64.27%, mu gihe umukandida uhagarariye abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Ondo Ossa we yagize 30.77%.

Uru rubyiruko na benshi mu babyeyi babo bari bazi ko Perezida wese wa Gabon aba ari Bongo

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru