Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, uhabwa amahirwe yo kumusimbura ku butegetsi, yavuze ko atigeze agira igitekerezo cyo kuba Perezida, gusa asaba ababimusaba kubimwumvisha.
Gen Muhoozi Kainerugaba akunze gukoresha Twitter agaragaza ibyo atekereza, yavuze ko hari icyemezo gikomeye azatangaza kandi ko atazakivugira kuri Twitter.
Yagize ati “Abantu bamwe bakomeza kuvuga ko nshaka kuzaba Perezida? Ntabeshye ibyo ntibyigeze bimba mu bwonko. Ndi umuyobozi w’urungano rwange! Icyo ni icyubahiro cyo hejuru natekereza. Urungano rwacu ruzaba urw’agatangaza!!”
Gen Muhoozi Kainerugaba ku mbuga nkoranyambaga cyane Twitter hamaze kujyaho imbuga zimusaba ko aziyamamaza mu matora ataha agasimbura Se, Perezida Yoweri Museveni.
Uyu mugabo ashimirwa kuba yaragize uruhare mu kongera kubanisha Uganda n’u Rwanda mu gihe gito gishize, mu gihe umubano wari umaze imyaka itatu ujemo igitotsi.
Yagize ati “Okay, reka abashaka ko nzaba Perezida nyuma y’umubyeyi wanjye bakore retweet na like. Nimubinyemeza nzabikora.”
Nyuma y’ayo magambo, Gen Muhoozi Kainerugaba nibwo yavuze ko azatangaza icyemezo gikomeye, kandi atazakivugira kuri Twitter.
Ati “Mu byumweru bike, ndakora itangazo rikomeye. Ntabwo hazaba ari kuri Twitter nzakoresha ubundi buryo. Nzabikora mu bushobozi bwange, ndetse nk’umuyobozi w’urungano rwange.”




















