Tuesday . 2 June 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more

Goma: Inyubako za MONUSCO ziramutse zisahurwa

Tuesday 26 July 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Nimugire Fidelia

I Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa kabiri haramutse ibikorwa byo gusahura inyubako za MONUSCO, nyuma y’imyigaragambyo yo kuwa mbere nayo yabayemo ubusahuzi no gutwika.

MONUSCO yamaganye ibitero ku nyubako zayo i Goma ivuga ko amahoro atazabonekera “mu mvururu”.

Imyigaragambyo ikomeye yabaye mu ijoro ryo kuwa mbere aho yabayemo gusahura no gutwika zimwe mu nyubako za MONUSCO ziherereye i Goma.

Mu gitondo kuri uyu wa kabiri abaturage bigabije kimwe mu bigo bya MONUSCO i Goma basahura ibikoresho byacyo, nk’uko ibinyamakuru byaho bibivuga.

Amakuru avuga ko kuwa mbere hari abasivile barashwe bagakomereka ndetse ko hari n’abapfuye mu gihe abapolisi ba MONUSCO bageragezaga guhagarika abateye inyubako zayo.

Inzego zibishinzwe ntiziremeza ayo makuru, gusa amwe mu mashusho agaragaza umuntu abigaragambya bavuga ko yapfuye arashwe n’aba MONUSCO.

Hari ubwoba ko iyi myigaragambyo n’ubusahuzi bishobora gukomera kuri uyu wa kabiri, kuko abigaragambya bavuga ko bashaka ko izi ngabo za UN ziva mu gihugu cyabo, ariko barimo kurangwa n’ibikorwa byo gusahura.

Itangazo rya MONUSCO ryo mu ijoro ryo kuwa mbere rivuga ko ibyamagana kandi ikomeje, abo yise “itsinda ry’abasahuzi bari mu myigaragambyo".

Andi mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana uwigaragambya abaza umupolisi wa MONUSCO igihe bazasubirira iwabo.

Uyu amusubiza ko ati “vuba”, undi akamubwira ko barambiwe kuko bahora bababwira gutyo.

Mu itangazo ryayo, MONUSCO yibutsa ko ifatanya na leta kurwanya imitwe yitwaje intwaro, gusubizaho ubutegetsi, no kurinda abasivile.

Abigaragambya bo banenga MONUSCO kuba mu myaka irenga 20 imaze mu burasirazuba bwa Congo nta musaruro itanga kuko aka gace gakomeje kuba intambara.

Khassim Diagne, umukuru wa MONUSCO w’inzibacyuho, mu itangazo ryamagana ibyabaye ejo kuwa mbere yagize ati:“Mu mvururu no mu mumyigaragambyo ndetse no kutumvikana ntabwo aribyo bizatugeza ku mutekano n’amahoro arambye.”

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru