Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Guinea-Bissau: Abantu ’benshi’ bishwe nyuma y’igerageza ryo guhirika ubutegetsi

Wednesday 2 February 2022
    Yasomwe na

Perezida wa Guinée-Bissau avuga ko igerageza ryo guhirika ubutegetsi muri iki gihugu cyo muri Afurika y’uburengerazuba ryiciwemo abashinzwe umutekano benshi.

Umaro Sissoco Embaló yavuze ko ibintu byasubiye mu buryo, anavuga ko ibyabaye ari "igitero cyapfubye cyagabwe kuri demokarasi".
Nkuko tubikesha BBC

Ku wa kabiri, amasasu yumvikanye hafi y’inyubako ya leta mu murwa mukuru Bissau, aho amakuru avuga ko Perezida yari mu nama n’abaminisitiri.

Abasirikare bivugwa ko bafunze Perezida n’abaminisitiri.
Abagabo batamenyekanye bari bitwaje imbunda ziremereye bateye inyubako ya leta aho Perezida Embaló yari ari mu nama na Minisitiri w’intebe Nuno Gomes Nabiam, imbere muri iyo nyubako, nkuko amakuru avayo abivuga.

Ukora mu rwego rw’umutekano utashatse gutangazwa izina yabwiye BBC ko abagabo bitwaje imbunda bambaye imyenda ya gisivile bahise batangira kurasa kandi ko umupolisi yishwe.
Abategetsi bo muri Afurika y’uburengerazuba bavuze ko ibyabaye ari igerageza ryo guhirika ubutegetsi, banashishikariza abasirikare gusubira mu bigo byabo.
Ariko uko byagenze ntibirasobanuka neza: ntibiramenyekana abo bagabo bitwaje imbunda abo ari bo, kandi na Perezida ntiyatanze umubare w’abishwe.

Iki gihugu - kiri mu bicyennye cyane ku isi - cyahoze gikolonizwa na Portugal. Kuva mu mwaka wa 1980 kimaze kubamo ihirikwa ry’ubutegetsi cyangwa igerageza ryo guhirika ubutegetsi inshuro icyenda.

Iki gihugu - kigowe n’amadeni menshi gifitiye ibihugu by’amahanga kandi n’ubukungu bwacyo bugacungira cyane ku mfashanyo y’amahanga - cyahindutse inzira icamwo ibiyobyabwenge bivuye muri Amerika y’epfo, bituma bamwe bagihimba leta ya mbere y’ibiyobyabwenge muri Afurika.

Ku wa kabiri nimugoroba, Bwana Embaló yavuze ko igitero "cyateguwe neza kandi gikozwe mu buryo buteguye neza" gishobora kuba "gifitanye isano n’abantu bakora ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge", ariko nta yandi makuru yatanze.

Nubwo Bwana Embaló yatsinze amatora ya perezida yo mu kwezi kwa cumi na kabiri mu 2019, yaje kugirana ubushyamirane n’inteko ishingamategeko mbere yuko atangira imirimo mu kwezi kwa kabiri k’umwaka wakurikiyeho.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru