Mu Murwa Mukuru, Pretoria hafi y’ibiro bya Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa hatahuwe umurima w’urumogi rwakuze wahinzwe n’umuturage ahita atabwa muri yombi ngo akurikiranwe.
Ni ibiti by’urumogi bivugwa ko rwahinzwe n’abaturage bo mu bwoko bw’Aba-Khoisan bamaze igihe bakambitse muri aka gace.
Watahuwe n’abapolisi ku wa Gatatu, tariki 12 Mutarama 2022 nyirawo yiturije nta kibazo. Umuyobozi w’aba baturage wiyise ‘King Khoisan’ yahise atabwa muri yombi.
We na bagenzi be batawe muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo guhinga urumogi nk’uko AFP dukesha iyi nkuru yabitangaje.
Mu 2018 ni bwo aba baturage bo mu bwoko bw’Aba- Khoisan batangiye kwigaragambya bajya gutura hafi y’Ibiro bya Perezida ngo kuko bashakaga ko ururimi rwabo ruhabwa agaciro ku rwego rw’igihugu.
Abatarahavuye bagumye aho bikaba byanatahuwe ko bahahinze igihingwa Abanyarwanda bakunze kwita ’Agatabi ko ku mugongo w’ingona’.

























