Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Hakenewe ubufatanye butajegajega mu guhangana na SIDA-Jeannette Kagame

Tuesday 1 December 2020
    Yasomwe na

MUTUNGIREHE SAMUEL

Madamu Jeannette Kagame yatangaje ko urugamba rwo kurwanya icyorezo cya Sida rushoboka ariko hakenewe ubufatanye butajegajega ku isi hose.

Yabitangaje mu butumwa yatanze kuri iyi tariki ya mbere Ukuboza, umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya Sida, kuri iyi nshuri insanganyamatsiko ikaba igira iti “Guhashya SIDA ni inshingano zanjye nawe’.

Madamu Jeanette Kagame yavuze ko kugira ngo uru rugamab rushoboke buri wese ahamagarirwa kugaragaza umusanzu we.

Akomeza agira ati “Duhamagarirwa rero twese gufatanya n’iyi ntego, twiyemeza gushora imari mu mutungo w’abantu no kubaka uburyo bufite ishingiro nk’inzira yizewe yo kugera ku ntego zacu no kuzikomeza.”

Ubushakashatsi buheruka mu Rwanda RPHIA, mu 2019 bwagaragaje ko Abanyarwanda bari hagati y’imyaka 15 na 64, Virusi ya Sida iri ku kigero cya 3%, ni abagera ku 210.000. Bukagaragaza ko buri mwaka handura abagera ku 5400 bangana na 0.08% by’abanyarwanda.

Mu bagore ubwandu bwa virusi itera sida ni 3,7% mu gihe mu bagabo ari 2,2%. Mu bindi byagaragajwe n’ubu bushakashatsi harimo ko kugabanya ingano ya virusi itera SIDA mu maraso biri ku kigero cya 76%.

Ubu bushakashatsi bugaragaza kandi ko ubwandu mu bakobwa bari hagati y’imyaka 20 na 24, buruta inshuro eshatu ku bahungu bari mu cyiciro kimwe. Mu gihe abakobwa ari 0,6%, abahungu bari muri icyo kigero bo bangana na 1.8%.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru