By Imfurayabo Pierre
Ikigo cy’igihugu ngenzura mikorere (RURA) cyashyize ahagaragara kuruya wa gatatu taliki ya 27 gicurasi, cyerekanye uburyo abakora ingendo bakoresheje moto bazajya bitwararika mu buryo bwo kwirinda COVID-19
Abamotari ni bamwe mubahura nabantu benshi kumunsi iyo bari gukora akazi kabo ko gutwara abagenzi hifashishijwe moto, niyo mpamvu hashyizweho amabwiriza azajya akurikizwa na buri muntu ukora ingendo hifaashishijwe moto (abamotari).
Muburyo bwo kwirinda gukoresha impapuro n’ibiceri byamafaranga RURA yatangaje ko kwishyura hifashishijwe ikoranabuhanga ari imwe mu ngamba nziza yo kwirinda no guhashya icyorezo cya COVID-19
Hashyizweho uburyo aba motari bazakora igihe bazaba bemerewe kongera gutwara abagenzi 31
Ni mururwo rwego ikigo cy’itumanaho AIRTEL RWANDA cyashyizeho uburyo bwo gukanda *544# abamotari bazabasha kwishyurwa mu buryo bwa kashilesi(cashless), bitabagoye hakoreshejwe Airtel Money.
Iki gisubizo mu myishyurire kizabafasha kwishyura imisanzu mu mashyirahamwe yabo banagabanyirizwe mu gihe baguze esansi kuri sitasiyo za Mount Meru fuel.

















