Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ibiciro bishya by’Ibikomoka kuri peteroli, aho litiro ya lisansi yageze ku Frw 1609 Frw ivuye kuri 1460 Frw mu gihe Mazutu yageze ku Frw 1607 ivuye ku Frw 1503.
Iri ni izamuka ry’ibiciro rije rikurikira icyorezo cya COVID-19 ryatijwe umurindi n’intambara Uburusiya bwagabye kuri Ukraine, imaze amezi arenga atanu nta nzira y’amahoro igaragara.
Ibi biciro kandi biri kugera no ku biribwa nkenerwa n’ibindi bitandukanye mu bucuruzi, aho umunsi kuwundi umuguzi asanga ibiciro ku isoko byazamutse kugeza no ku biboneka imbere mu gihugu, ari nabyo abaturage bahora bibaza amaherezo yabyo bakabura ubasubiza.

























