Abacururiza mu isoko rihereye mu murenge wa Gacaca w’akarere ka Musanze baravuga ko babangamiwe no kunyagirwa ndetse n’izuba bitewe nuko ritubakiwe.
Abaganiye na Mamaurwagasabo.rw bavuze ko kuba iri soko ritubakiwe bibateza igihombo gikomeye.
Umwe muri aba bacuruzi witwa Munyengabe Jean D’amour yagize ati”tubagamiwe no kunyagirwa n’izuba bitewe nuko aha dukorera hatubakiye, utundi dusantere baratwubaka ariko hano turi mu bwigunge dukeneye ko mudukorera ubuvugizi tugakorera ahantu heza.”
Undi mucuruzi witwa Uwineza Divine yagize ati”Iyo imvura iguye inyagira ibicuruzwa byacu, abafite imitaka baratwikira mubyukuri dukwiye gutabarwa muri iri soko rya Gacaca.”
Umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Kayiranga Theobald yavuze ko iki kibazo barimo kugitekerezaho.
Ati”nibyo koko ririya soko rya Gacaca rikenewe kubakirwa Kandi mwabonye ko rikikijwe n’amaduka, rizubakwa cyane twatangiye kubona abafatanyabikorwa badufashije kubaka agasoko ko mugataraga bogerezamo karoti, turita kuri iki kibazo nk’akarere turashaka n’abafatanyabikorwa rizubakwe.”
Iri soko rya Gacaca ricururizwamo ibicuruzwa bitandukanye birimo; ibiribwa, imyenda n’ibindi.
























